Abacuruzi bato 1300 bo mu mirenge imwe n’imwe yo mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Nyamasheke bahombejwe na Gumamurugo kubera indwara ya Coronavirus, bagiye guhabwa igishoro giciriritse ngo bongere bakore.
Abo 1300 bagiye kuremerwa ni abacuruzi bari basanzwe bacuruza amafaranga atari menshi, byatumye hatekerezwa ko ibihumbi 50 byabafasha kongera gutangira, banahabwa inyigisho zizabafasha kugera kure kuruta uko bari basanzwe.
Biteganyijwe ko bose hamwe bazahabwa miliyoni zikabakaba 65 z’amafaranga y’u Rwanda.
Inkuru dukesha KTRadio iravuga ko iyi nkunga bazayihabwa n’ihuriro IPC (Initiative pour la Participation Citoyenne) ryibumbiyemo imiryango itanu itari iya Leta isanzwe ikorera muri turiya turere dutatu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro, avuga ko abakeneye gufashwa kugira ngo bongere kugira umurimo bakora ubinjiriza amafaranga ari benshi, ariko ko n’abazafashwa atari bakeya kuko ngo ubufasha butajya buba bukeya cyane cyane iyo hari ababukeneye.
Ati: “Ni inkunga tubona bakwiriye gukoresha neza, kugirango ubucuruzi bwabo bwadindiye cyangwa se bwasubiye inyuma gato kubera coronavirus bongere batere intambwe bari bagezeho ndetse binashobotse bisumbureho babe batera imbere kurushaho”.
Mu 1300 bazafashwa, 519 ni abo mu Karere ka Nyamagabe, 380 bakaba abo mu Karere ka Nyaruguru, naho 401 bakaba abo mu Karere ka Nyamasheke.


