Umugabo w’imyaka 41 yishwe na Covid-19 mu Rwanda

ekeufhpxcai_li_.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Ukwakira 2020 yatangaje ko umugabo w’imyaka 41 y’amavuko yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe abanduye biyongereyeho 4, babonetse mu bipimo 2239 byafashwe. Uyu abaye uwa 31 wishwe n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020, akaba yapfiriye mu mujyi wa Kigali. Abanduye barimo 1 wabonetse […]

Indege ya Boeing 727 yayihinduye inzu ye-Amafoto

article-0-157f4758000005dc-875_634x424.jpg

Umusaza w’imyaka 70 y’amavuko witwa Bruce Campbell utuye mu gace ka Hillsboro muri Leta ya Oregon ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aba mu nzu y’indege yo mu bwoko bwa Boeing 727-200 yaguze amafaranga atari make. Ubwo Campbell yari mu myaka ya 20 y’amavuko, yaguze ubutaka aha muri Oregon ku madolari y’Amerika 23,000. Bitewe n’udushya […]

Uko Gen. Rwigema na Saleh batabaye Museveni n’umuryango we bashoboraga kwicwa

maxresdefault_13_.jpg

Tariki ya 11 Ukwakira 1980, abasirikare bakuru bo mu mutwe wa UNLA (Uganda National Liberation Army) bafashe bunyago Yoweri Museveni, umufasha we Janet Museveni n’umuhungu wabo, Muhoozi Kainerugaba wari ufite imyaka 6 y’amavuko. Icyo gihe Museveni yari umukandida w’ishyaka rya UPM (Uganda Patriotic Movement) wagombaga kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu Kuboza 1980 yaje […]

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abantu basanzwe mu kirori cyo guhuza ibitsina

f12e8e44-2fd4-45aa-bcfa-6c4e18b5cdf2.jpg

Igipolisi cya Uganda muri Kampala cyataye muri yombi abantu 21 basanzwe mu kirori cyo guhuza ibitsina (Sex Party)cyaberaga mu nzu y’umuntu ahitwa Kireka, mu Karere ka Wakiso. Umuvugizi w’Igipolisi muri Kampala, Patrick Onyango yagize ati: “Ubutasi bwakiriye amakuru kuri iki kirori uhashyira abantu batanga amakuru bo kugenzura no kumenyesha polisi igihe ikirori gitangirira,” Yakomeje agira […]

Nigeria: Umukobwa w’imyaka 10 yibarutse imfura

Umubyeyi wabyaye afite imyaka 10 muri Nigeria

Ni kenshi abahanga mu buzima bagiye bagiye bavuga ibitandukanye ku bijyanye n’imyaka nyayo umugore cyangwa umukobwa ashobora gutwita akabyara. Mu mwaka 2019 umukobwa witwa Masenengen w’imyaka 10 yibarutse imfura kuwa 5 Kanama Tariki ya 5 Kanama 2019, mu bitaro bya Makundi biherereye mu majyaruguru ya Nigeria niho havuye inkuru idasanzwe ko umukobwa w’imyaka 10 witwa […]

Abarinzi ba Perezida Tshisekedi baherutse kugaragara i Goma baribazwaho_Amafoto

img_20201005_170302.jpg

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi yageze mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru tariki ya 5 Ukwakira 2020, mu ruzinduko rw’iminsi itatu. Mbere y’uko ahagera, yabanjirijwe n’itsinda ry’abasirikare kabuhariwe, bari bambaye nk’abiteguye urugamba mu gihe hari icyo baba bikanze, bafite n’ibikoresho bigezweho nk’imbunda za mudahusha kandi bihagije. Baziye mu […]

Burundi: Abari bavuye mu bukwe bakoze impanuka ikomeye

fb_img_16024019503205203.jpg

Mu masaa moya y’uyu wa 10 Ukwakira 2020, ku kiraro cy’umugezi wa Rukoziri gitandukanya Komine ya Makamba na Mabanda mu Ntara ya Makamba, habaye impanuka ikomeye y’abari bavuye mu bukwe biganjemo abaririmbyi bo mu itorero rya Pentekote. Aba bantu bari mu ikamyo yo mu bwoko bwa Isuzu bari bavuye mu bukwe mu gace ka Kirare, […]

Icyo wamenya ku gitabo “Codex Gigas”, gipima ibiro 75, abandi bita Bibiliya ya Sekibi

div_front.jpg

Codex Gigas (ikomoka mu ijambo ry’Ikigereki Gigas risobanura “ikintu kinini”) ni igitabo na none kizwi nka Bibiliya ya selibi, cyandikishijwe intoki mu kinyejana cya 13 cyanditswe n’umupadiri ubarizwa mu muryango wa Benedigito wo mu kigo cy’abihaye Imana cya PodlaĹľice muri Bohemia, ubu kikaba kiri mu bubiko bw’ibitabo bw’igihugu muri Suede. Nicyo gitabo kinini ku Isi […]

Ibikorwa by’ubutwari byaranze Muhire wabuze indege imujyana kuvurirwa mu Misiri_Amafoto

muhire_jean_claude.jpg

Iminsi 18 irashize Bwiza.com ibagejejeho inkuru y’akababaro y’umusore w’imyaka 29 y’amavuko witwa Muhire Jean Claude utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, ubu akaba amaze amezi 20 avurirwa mu Bitaro bya Kigali (CHUK). Uyu musore yaranzwe n’ibikorwa by’ubutwari mu gihe ubuzima bwe bwari bumeze neza ndetse na nyuma yaho, mu ntege nke yari […]

Koreya ya Ruguru yahishuye igisasu gishya cya rutura kiruta ibindi yerekanye

370d94e0da1718f1cc657fb309557d85.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu igihugu cya Koreya ya Ruguru cyerekanye ikindi gisasu cya kirimbuzi gishya cyambukiranya imigabane (ICBM) n’izindi ntwaro nshya mu karasisi kakoranywe ubuhanga bukomeye. Televiziyo Nkuru ya Koreya yashyize ahagaragara amashusho agaragaza misile nshya, itarigeze igaragazwa mbere yo mu bwoko bwa misile zambukiranya imigabane (intercontinental ballistic missile ) mu birori bya gisirikare byabanjirije […]

Abagera ku 1300 bahombejwe na Covid-19 mu turere 3 bagiye guhabwa ikindi gishoro

Abacuruzi bato 1300 bo mu mirenge imwe n’imwe yo mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Nyamasheke bahombejwe na Gumamurugo kubera indwara ya Coronavirus, bagiye guhabwa igishoro giciriritse ngo bongere bakore. Abo 1300 bagiye kuremerwa ni abacuruzi bari basanzwe bacuruza amafaranga atari menshi, byatumye hatekerezwa ko ibihumbi 50 byabafasha kongera gutangira, banahabwa inyigisho zizabafasha kugera kure […]

Meya wa Goma yasabwe ibisobanuro ku gahenge yasabye abagizi ba nabi mu gihe Tshisekedi yari ahari

Nyuma y’ibyo yatangarije mu itangazamakuru bitavuzweho rumwe, ku wa Gatatu itariki ya 07 Ukwakira, asaba abagizi ba nabi gutanga agahenge mu gihe Umukuru w’igihugu yari akiri i Goma, Umuyobozi w’uyu mujyi, Muissa Nkesse TimothĂ©e, arahamagarirwa kwisobanura ku nzego zimukuriye. Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Carly Nzanzu Kasivita (Ku ifoto), kuri uyu wa Gatanu ushize akaba […]

U Bufaransa bwongereye Dr. Mukwege ubudahangarwa

Inama Njyanama y’umujyi wa Paris mu Bufaransa iyobowe na Meya Anne Hidalgo, yahaye Umukongomani Dr. Denis Mukwege ubudahangarwa bw’ubwenegihugu w’icyubahiro mu rwego rwo kumwongerera umutekano we atizeye muri iki gihe. Ni nyuma y’aho uyu muganga watwaye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, agaragaje ko atewe impungenge n’ubuzima bwe, bitewe n’abantu bamutera ubwoba. Guterwa ubwoba kwa […]