article-0-157f4758000005dc-875_634x424.jpg

Indege ya Boeing 727 yayihinduye inzu ye-Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Umusaza w’imyaka 70 y’amavuko witwa Bruce Campbell utuye mu gace ka Hillsboro muri Leta ya Oregon ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aba mu nzu y’indege yo mu bwoko bwa Boeing 727-200 yaguze amafaranga atari make.

Ubwo Campbell yari mu myaka ya 20 y’amavuko, yaguze ubutaka aha muri Oregon ku madolari y’Amerika 23,000. Bitewe n’udushya twaranze ubuzima bwe nk’umuntu wagaragaraga nk’umuhanga, abaturage batekerezaga ko ashobora kubukoresha ibidasanzwe.

Ni nako byagenze kuko Campbell yibazaga agashya yazakorera muri ubu butaka, aba amenye inkuru y’umugore witwaga Joanne Ussery waguze indege ya Boeing 727, akahinduramo inzu yo guturamo.

Uyu Joanne ngo yafashe iki cyemezo nyuma y’aho inzu isanzwe yari atuyemo, yahiye. Icyo gihe yahise atekereza umugambi wo gushaka ikindi kintu yaturamo, kitari inzu isanzwe.

Ni uko mu mwaka w’1999 na Campbell yaguze n’ikigo cya Olympic Airways indege ya Boeing 727-200 itagitwara abagenzi. Yishyuriye hamwe amadolari y’Amerika 220,000 arimo ubwishyu bwo kuyigeza mu kibanza cye kiri muri Oregon, ivanwe i Athens mu Bugiriki.

Uretse iyi ndege iba ahantu mu gashyamba, nta rundi rugo Campbell afite. Inzu ye ni indege, ni yo araramo, ni yo atekeramo; mbese irimo ibyangombwa byose bikenerwa mu nzu nk’uko mubibona mafoto.

Mu 2014, Bruce Campbell yari afite gahunda yo kugura indi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 747, akayigira urugo rwa kabiri.

Amafoto y’inzu (indege) ya Bruce Campbell).

article-0-157f4758000005dc-875_634x424.jpg

article-0-157f4693000005dc-495_634x424.jpg

article-0-157f480f000005dc-413_634x424.jpg

article-0-157f469e000005dc-951_634x424.jpg

article-0-157f45d2000005dc-5_634x424.jpg

article-0-157f4870000005dc-658_634x424.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *