Uganda: Abakozi ba ISO bakoranaga na Col Kaka bambuwe imbunda

Sangiza iyi nkuru

Abakozi b’urwego rw’umutekano rwa Uganda, ISO, bashyizwe mu mirimo ku buryo bunyuranye n’amategeko na Col. Kaka Bagyenda basabwe gusubiza imbunda za Leta bafite ubundi bakegura nta mananiza.

Ibi abakozi ba ISO babisabwe nyuma y’uko hari amakuru yatangajwe ko bakoreye uru rwego bitanyuze mu mategeko. Aba bakozi ngo bashyizwe mu myanya na Col. Kaka Bagyenda uheruka kwirukanwa mu cyumweru gishize.

Inkuru ya Daily Monitor ivuga ko aba bakozi ba Col. Kaka Bagyenda batangiye gusubiza imbunda ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo uwari umuyobozi wabo yari amaze kwirukanwa.

Ubutegetsi bwa Col Kaka Bagyenda muri ISO bwanenzwe cyane guhohotera abaturage no kumugwa na ruswa. Kugeza ubwo ku wa 10 Ukwakira Perezida Museveni afatiye icyemezo cyo kumwirukana ku mirimo.

Biteganyijwe ko umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Col. Kaka Bagyenda n’uwambusimbuye, Lt Col Charles Oluka, uzaba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Ukwakira 2020.

Col Kaka Bagyenda yagizwe umuyobozi mukuru wa ISO muri Mutarama 2017. Mu gihe cy’imyaka itatu yari amaze kuri uyu mwanya, bivugwa ko yagiye agirana amakimbirane na Perezida Muzeveni.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *