UEFA na Premier League bishimiye icyemezo cyafatiwe Victory TV yo mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’u Burayi (UEFA), yatangaje ko ku bufatanye n’ubuyobozi bwa shampiyona y’Abongereza n’abafatanyabikorwa ba Canal+ mu Rwanda; bashimishijwe n’icyemezo cyafatiwe Televiziyo ya Victory TV ya hano mu Rwanda yerekanaga imikino yabo nta burenganzira ibifitiye.

Mu Kwakira umwaka ushize Victory TV yari yaciwe amande ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda inategekwa guhagarika imikino yo ku mugabane w’u Burayi, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuyerekana nta burenganzira ibifitiye.

Ni icyemezo iyi Televiziyo yaje kujuririra mu Rukiko rw’Ubucuruzi, gusa ku wa 9 Nzeri uyu mwaka uru rukiko rutesha agaciro ubu bujurire nyuma yo gusanga nta shingiro bufite, bityo icyemezo cyo kuterekana nta burenganzira imikino ya UEFA Champions League, UEFA Europa league na English Premier league iyi televiziyo yari yafatiwe kigumaho.

Ubwo Victory TV yatsindwaga urubanza yari yararezwemo, yasabwe guhagarika burundu kwerekana iyi mikino ku butaka bw’u Rwanda.

Mu mpera z’ukwezi gushize Urwego ngenzuramikorere, RURA, na rwo rwasabye Victory TV guhagarika kwerekana iriya mikino, irabikora ikamburwa uruhushya rwo gutangaza amakuru n’ibiganiro.

Ni icyemezo UEFA na Premier League bavuga ko bishimiye, bavuga ko bishimiye uko ubutabera bwo mu Rwanda bwarengeye uburenganzira bwabo, nk’uko UEFA yabitangaje ku rubuga rwayo.

Iyi mpuzamashyirahamwe na Premier league bunzemo ko kwerekana amarushanwa yabo nta burenganzira ababikora babiherewe ari ukubangamira uburenganzira bwabo ku mutungo bwite mu by’ubwenge.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. UEFA na Premier League bishimiye icyemezo cyafatiwe Victory TV yo mu Rwanda
    Nizereko RBA iwogeza ibifitiye uburenganzira. Si non, ça sera un injuste.
    Nitambukiraga yee!!

  2. UEFA na Premier League bishimiye icyemezo cyafatiwe Victory TV yo mu Rwanda
    Nizereko RBA iwogeza ibifitiye uburenganzira. Si non, ça sera un injuste.
    Nitambukiraga yee!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *