Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa 19 Ukwakira 2020 yasezeranyije Guverinoma nshya ya Sudani ko niramuka yishyuye miliyoni 335 z’amadolari, azayikura ku rutonde rw’ibihugu bitera inkunga ibikorwa by’iterabwoba.
Ni nyuma y’aho iyi Guverinoma yatangaje ko yemeye kwishyura aya mafaranga abaribwa muri miliyari 322 z’ay’u Rwanda, mu buryo bwo guhoza amarira Abanyamerika n’imiryango yabo yagizweho ingaruka n’ibi bitero.
Perezida Donald Trump, yagize ati: “Inkuru nziza! Guverinoma nshya ya Sudani iri kuzana impinduka nyinshi, yemeye kwishyura miliyoni $335 ku Banyamerika n’imiryango yabo, bagizweho ingaruka n’ibikorwa by’iterabwoba.”
Uyu Mukuru w’Igihugu, yongeyeho ko mu gihe Guverinoma ya Sudani izaba imaze kuyohereza kuri konte (compte), azahita akura iki gihugu ku rutondeb rw’ibitera inkunga ibikorwa by’iterabwoba.
Yagize ati: “Mu gihe yayohereje, nzakura Sudan ku rutonde rw’ibihugu bitera inkunga ibikorwa by’iterabwoba. Harakaramba ubutabera ku Banyamerika n’intambwe ikomeye kuri Sudani.”
Ubusembwa bwose buri kuri Sudani bugerekwa ku mutwe wa Omar al-Bashir wayoboye iki gihugu kuva mu 1989 kugeza mu 2019. Yashinzwe ibyaha bitandukanye birimo gutera inkunga ibikorwa by’ubwicanyi bwibasiye inyokomuntu mu Ntara ya Darfur, bwakozwe n’imitwe yegamiye ku idini ya Isilamu.


