Umuryango PEN America, uharanira uburenganzira bwo gutangaza icyo umuntu ashaka muri Amerika no ku Isi, kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 27 Ukwakira watangaje ko ugiye guha igihembo cya PEN / Benenson Courage, umukobwa w’imyaka 17 witwa Darnella Frazier wafashe amashusho y’Umwirabura George Floyd yicwa.
Umuyobozi w’uyu muryango, Suzanne Nossel, mu butumwa yanyujije kuri twitter yemeje ko iyo uyu mukobwa atagira umutima n’ubushake bwo guhara ubuzima bwe ukuri ku rupfu rwa Floyd kutari kumenyekana.
Ati: “Yifashishije telephone ngendanwa yonyine…Darnella yahinduye inzira y’amateka muri iki gihugu.”
Umunyamategeko wunganira umuryango wa George Floyd, Ben Crump, nawe yashimiye uyu mukobwa Darnella avuga ko yagaragaje ubutwari budasanzwe kandi ko akwiye iki gihembo.
Darnella azasangira iki gihembo na Marie Yovanovitch, wahoze ari Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Ukraine, wagize uruhare mu gushyira ku karubanda ingufu Perezida Trump yashyize mu gushaka ko Ukraine ikora iperereza kuri Joe Biden, kuri ubu witegura guhatana nawe mu matora y’umukuru w’igihugu.
Urubuga rwa pen.org ruvuga ko uyu mukobwa akimara gushyira ahagaragara aya mashusho yagiye yakira ubutumwa butari bwiza abazwa impamvu nta kindi yakoze usibye gufotora.
Urupfu rwa George Floyd muri Minneapolis muri Gicurasi uyu mwaka wa 2020 rwarakurikiwe n’imyigaragambyo ikaze mu mijyi minini n’imito yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho amamiliyoni y’Abanyamerika yamaganye urugomo rushingiye ku moko n’ubugome bw’igipolisi.


