Ikinyamakuru Mpuzamahanga ‘Firepower’ gisanzwe gikora intonde z’uko ibihugu birutanwa mu ngufu za gisirikare, cyasohoye urutonde rwa 2020 ruriho uko ibihugu 138 birutanwa mu gisirikare.
Ni urutonde kiriya kinyamakuru gikora kigendeye ku mubare w’intwaro igihugu gitunze, umubare w’ingabo gifite ndetse n’umutungo gishora mu bikorwa bya gisirikare.
Ibihugu bine bya mbere kuri uru rutonde ntabwo byahindutse ugereranyije mu ntonde zo mu myaka yashize, gusa hari ibihugu bimwe na bimwe byagiye bisubira inyuma, ibindi biza imbere.
Leta zunze ubumwe za Amerika ni zo ziyoboye Isi mu kugira igisirikare gikomeye, zigakurikirwa n’Uburusiya, Ubushinwa bugafata umwanya wa gatatu mu gihe Ubuhinde ari ubwa kane.
Ku ncuro ya mbere igihugu cya Turkiya cyamanutse kuri ruriya rutonde kiva mu myanya 10 ya mbere, mu gihe Misiri ya mbere muri Afurika yazamutse kuri ruriya rutonde ifata umwanya wa cyenda ku Isi.
Ibindi bihugu biza kuri ruriya rutonde ni Ubuyapani bwa Gatandatu ku Isi, Koreya y’Epfo ya karindwi, Ubufaransa bwa munani, Ubwongereza bwa munani, Misiri ya Cyenda na BrĂ©sil ya 10.
Turkiya yari imaze imyaka ibiri ari iya 10 ku Isi yatakaje umwanya umwe.
Ibindi bihugu bifite ibisirikare bikomeye
11- Turkiya
12- Ubutaliyani
13-Ubudage
14-Iran
15- Pakistan
16- Indonesia
17- Arabie Saoudite
18-Israel
19- Australia
20- Espagne
21- Pologne
22- Vietnam
23- Thailand
24- Canada
25. Koreya ya Ruguru.



8 Responses
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Urwanda nu rwakangahe kwisi
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Urwanda nu rwakangahe kwisi
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Urwanda nu rwakangahe kwisi
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Urwanda nu rwakangahe kwisi
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Mutubwire neza hagati y’unwongereza na France ikibanziriza ikindi Ku mwanya wa munani
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Mutubwire neza hagati y’unwongereza na France ikibanziriza ikindi Ku mwanya wa munani
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Ubona nk’iyi nkuru ifasha iki abanyarwanda koko ? Wowe se ubwawe ahubwo ikumariye iki ? Mujye mukora akazi karimo ubunyamwuga kabisa.
Menya ibihugu bifite ingufu za gisirikare kurusha ibindi ku Isi mu 2020
Ubona nk’iyi nkuru ifasha iki abanyarwanda koko ? Wowe se ubwawe ahubwo ikumariye iki ? Mujye mukora akazi karimo ubunyamwuga kabisa.