Twibukiranye uko APR FC yigeze gusezerera Gor Mahia iyandagaje

Sangiza iyi nkuru

Tombora y’uko amakipe agomba guhura mu ijonjora ry’ibanze rya Total CAF Champions league yabereye i Caïro mu Misiri ku munsi w’ejo, yasize ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda itomboye Gor Mahia y’i Nairobi muri Kenya.

Gor Mahia ikipe ya APR FC yatomboye, ni imwe mu makipe azwi hano mu Rwanda dore ko ikunda guhura n’amakipe y’i Kigali inshuro nyinshi zishoboka.

Hafi biheruka ni muri 2018, ubwo yari mu tsinda rimwe na Rayon Sports ya Robertinho, muri CAF Confederation Cup. Umukino ubanza wabereye mu mvura y’i Nyamirambo warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, mu wo kwishyura Rayon Sports ijya gutsindira i Nairobi ibitego 2-1 byahise biyigeza muri 1/4 cy’irangiza cya Confederation Cup. Ni ibitego bya Bimenyimana Bonfils’Caleb’ na Eric Rutanga.

Gor Mahia kuri ubu itozwa na Robertinho usanzwe uzi neza ikipe ya APR, ndetse inaheruka gusinyisha Umurundi Jules Ulimwengu na we wagiye ahura n’iriya kipe y’Ingabo z’igihugu.

Rutahizamu Jacques Tuyisenge uheruka gusinyira APR FC, azi cyane ikipe ya Gor Mahia nyuma yo kuyandikiramo amateka mu gihe cy’imyaka itatu yayikiniye avuye muri Police FC ya hano mu Rwanda.

Ku ruhando mpuzamahanga, si bwo bwa mbere APR FC igiye guhura na K’Ogalo bakunze guhurira muri CECAFA Kagame Cup.

Muri 2009 amakipe yombi yari yahuriye mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup, birangira APR FC ikomeje mu ijonjora rya kabiri ku giteranyo cy’ibitego 6-0.

5-0 byinjiye mu mukino ubanza wabereye kuri Nyao National Stadium i Nairobi, ikindi 1-0 cyatsinzwe na Haruna Niyonzima kinjirira mu minota ya nyuma y’umukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.

Mu mukino w’i Nairobi, APR FC yari yatsindiwe na Fuadi Ndayisenga watinze ibitego bibiri, Bokota Labama watsinze bibiri na Uzamukunda Elias ‘Baby’ watsinze agashinguracumu ku munota wa 75 w’umukino.

Gusezerera Gor Mahia byahesheje APR kujya mu ijonjora rya kabiri, gusa ntiyarenga umutaru kuko yahise isezererwa na Haras El Hodood yo mu Misiri ku giteranyo cy’ibitego 2-0.

Umukino ubanza amakipe yombi yahuriyemo i Kigali warangiye amakipe yombi aguye miswi 0-0, mu wo kwishyura APR itsindirwa mu majyaruguru ya Afurika ibitego 2-0.

Magingo aya APR irasabwa gusezerera Gor Mahia bagiye kongera guhurira mu irushanwa Nyafurika nyuma y’imyaka 11, kugira ngo itangire urugendo ruyigeza ku ntego y’amatsinda ya CAF Champions league yihaye.

Umukino ubanza uzabera kuri Stade ya Kigali hagati y’itariki ya 27 na 29 Ugushyingo, uwo kwishyura ubere kuri Stade ya Kasarani i Nairobi hagati ya Tariki ya 04 n’iya 06 Ukuboza.

Ikipe izarokoka hagati ya APR na Gor Mahia izahura n’izaba yarokotse hagati ya CR Belouizdada yo muri Algeria na AL Nasr yo muri Libya.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Twibukiranye uko APR FC yigeze gusezerera Gor Mahia iyandagaje
    Apr yacu nitegura neza izatsinda nk’ibisanzwe

  2. Twibukiranye uko APR FC yigeze gusezerera Gor Mahia iyandagaje
    Apr yacu nitegura neza izatsinda nk’ibisanzwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *