Israel yamaze gushyikiriza Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika radars zo mu bwoko bwa MMR (Multi-Mission Radars) zizajya zikoresherezwa hamwe n’uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero bya missiles buzwi nka “Iron Dome missile defence system’ bwaguzwe na Pentagon muri Kanama 2019.
Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyakiriye MMR ya mbere yubatswe na ELTA Systems, ikigo cy’ishami rishinzwe kwirinda misile cya Israel kigenzurwa na minisiteri y’ingabo.

Iron Dome missile defence system
“Dutewe ishema no guha inshuti zacu, Igisirikare cya Amerika, uburyo buteye imbere kurusha ubundi,” ibi byatangajwe na Yoav Tourgeman, visi perezida ndetse na CEO wa ELTA nk’uko tubikesha AFP.
Yakomeje agira ati: “Radar ya MMR ikemura ibibazo byinshi bikenewe mu gushakisha no gukurikirana ibisasu bya roketi n’ibisasu bya rutura ndetse no gutanga isuzuma ryuzuye ry’ikirere. MMR izakomeza ingufu z’abasirikare bacu.”
Bamwe mubatanze ibitekerezo bavuga ko Iron Dome itanga inyungu kurenza sisitemu Amerika isanzwe ikoresha, haba mu gukora neza ndetse no mu bushobozi bwo guhagarika ibisasu bya roketi na bombe za Katiyusha aho ishobora kubibona mu ntera ngufi iri hagati ya kilometero 5 na kilometero 70.



6 Responses
Israel yagurishije Igisirikare cya Amerika uburyo bukataje bw’ubwirinzi bwa misile
isi irananirwa gufasha abakene bazahajwe n’inzara n’ibibazo by’uruhuri barakangisha ibisasu. corona yakagombye kuba yaratubereye isomo ko nta gihangange muri iyi si y’Imana. Imana irengere ababuze uko bagira -naho abarenzwe nibahige ubutwari.
Israel yagurishije Igisirikare cya Amerika uburyo bukataje bw’ubwirinzi bwa misile
Iyo bavuga kwigira wumva iki?
Israel yagurishije Igisirikare cya Amerika uburyo bukataje bw’ubwirinzi bwa misile
Iyo bavuga kwigira wumva iki?
Israel yagurishije Igisirikare cya Amerika uburyo bukataje bw’ubwirinzi bwa misile
isi irananirwa gufasha abakene bazahajwe n’inzara n’ibibazo by’uruhuri barakangisha ibisasu. corona yakagombye kuba yaratubereye isomo ko nta gihangange muri iyi si y’Imana. Imana irengere ababuze uko bagira -naho abarenzwe nibahige ubutwari.
Israel yagurishije Igisirikare cya Amerika uburyo bukataje bw’ubwirinzi bwa misile
Birababaje
Israel yagurishije Igisirikare cya Amerika uburyo bukataje bw’ubwirinzi bwa misile
Birababaje