Kwizera Olivier afashije Amavubi kuvana inota muri Cap-Vert

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yegukanye inota rya mbere mu ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon muri 2021, nyuma yo kujya kunganyiriza na Cape-Vert i Praia 0-0. Hari mu mukino wa gatatu wo mu tsinda F Mashami n’abasore be bari bihayemo intego yo gutsinda, byaba bibi bakawunganya. Igice cya mbere cy’umukino cyaranzwe n’umukino […]

Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 7

empcjalwmaau3pk.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abantu banduye Covid-19 biyongereyeho 7 mu bipimo 1917 byafashwe. Abanduye barimo 4 babonetse i Kigali, 2 babonetse muri Rubavu n’undi wabonetse muri Nyagatare.

Bad Black yahishuye ko asigaye aryamana na nyirarume

124861960_762928660960321_3120453609817653352_n.png

Ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, Shanita Namuyimbwa uzwi nka Bad Black yahishuye ko mu minsi ishize yamenye ko asigaye aryamana na nyirarume. Mu muco w’Abaganda (ubwoko) ni kirazira ko umwishywa yaryamana na nyirarume (incest). Ibi ariko ni nk’aho ari icyita rusange kuri Bantu bose. Akoresheje Snapchat, Bad Black avuga ko yari atazi ko Asha […]

Tanzania: Igitego cyatsinzwe n’uwakiniye Rayon Sports cyatumye umuntu apfa

Ku mukino w’abakeba uhuza amakipe abiri akomeye muri Tanzania, Simba SC na Yanga, umufana wa Simba SC, Shaban Balwe yitabye Imana nyuma y’uko Yanga yabonye penaliti yatsinzwe na rutahizamu Michael Sarpong. Ibi byabaye ku mukino wahuje Yanga Simba SC ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo amakipe yombi yanganyaga 1-1. Balwe akaba n’umunyamuryango w’iyi kipe wari […]

Uganda: Umuvugizi wa Kampala yakubiswe n’abafana ba Bobi Wine bamugira intere

Umuvugizi w’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala (KCCA) muri Uganda, Robert Kalumba, yashinje abarwanashyaka b’ishyaka NUP rya Bobi Wine kugerageza kumwivugana. Kalumba avuga ko ku wa Mbere w’iki cyumweru, ubwo we na bagenzi be bari ku isoko rya Owino mu mirimo isanzwe ya KCCA, yagabweho igitero n’abashyigikiye NUP bakamuhondagura bakamugira intere. Uyu mugabo bigaragara ko yakubiswe cyane, […]

Nyuma ya Amadou Touré wayoboye Mali, na Rawlings wayoboye Ghana yapfuye

Jerry John Rawlings wabaye Perezida wa Ghana kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2020 yishwe n’uburwayi yari amaranye igihe gito. Ni nyuma y’iminsi ibiri, Amadou Toumani TourĂ© wayoboye Mali na we apfuye. Rawlings wari ufite imyaka 73 y’amavuko, yapfiriye mu bitaro bya Korle Bu biherereye mu murwa mukuru wa Ghana, Acrra yarwariyemo kuva mu cyumweru gishize. […]

Madeleine Nirere nommée nouvelle ombudsman

Une rĂ©union du cabinet tenue, mercredi le 11 novembre, a nommĂ© Madeleine Nirere en tant que nouvelle Ombudsman et le Dr Christian Sekomo Birame en tant que nouveau directeur gĂ©nĂ©ral de l’Agence nationale de recherche et de dĂ©veloppement industriels (NIRDA), entre autres nominations. Nirere remplace l’ancien premier ministre Anastase Murekezi qui occupait le rĂ´le depuis […]

Safi yagaragaje amarangamutima kuri Parfine bivugwa ko bongeye gukundana

Umuhanzi Safi Madiba uba muri Canada yaciye amarenga ko yaba yarongeye gukundana na Parfine bakanyujije bakaza gutakundana agiye gukora ubukwe na Niyonizera Judithe. Nyuma y’aho umuhanzi Safi Madiba agiriye muri Canada mu mpera za Gashyantare 2020, byavuzwe ko yongeye gukundana na Parfine ndetse bimuteranya n’umugore we basezeranye Niyonizera Judithe. Hari ubutumwa bwagiye hanze bugaragaza ibiganiro […]

Polisi yerekanye abakozi ba yo bashinjwa kurya ruswa muri ContrĂ´le Technique

Abapolisi babiri banambaye impuzankano y’umwuga wabo ndetse n’umusivile bakurikiranweho icyaha cya ruswa beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Kane bose bambitswe amapingu. Aba bapolisi biravugwa ko barya ruswa kugira ngo batange ibyangombwa byerekana ko umuntu yakoresheje isuzuma ry’ikinyabiziga. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yavuze impamvu aba bashinzwe umutekano bahujwe n’uyu muturage. Ati: “Aba […]

Aba ni bo 11 b’Amavubi Mashami yiyambaza imbere ya Cap-Vert

img_20201112_150943.jpg

Umutoza w’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, amaze gushyira ahagaragara abakinnyi 11 babanza mu kibuga Amavubi akina na Cap-Vert, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika. Ni umukino wa Gatatu mu itsinda F ubera i Praia muri Cap-Vert. Abakinnyi 11 Mashami yiyambaza Mu izamu: Kwizera Olivier Ba myugariro: Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry […]

Israel yagurishije Igisirikare cya Amerika uburyo bukataje bw’ubwirinzi bwa misile

flickr_-_israel_defense_forces_-_iron_dome_intercepts_rockets_from_the_gaza_strip.jpg

Israel yamaze gushyikiriza Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika radars zo mu bwoko bwa MMR (Multi-Mission Radars) zizajya zikoresherezwa hamwe n’uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero bya missiles buzwi nka “Iron Dome missile defence system’ bwaguzwe na Pentagon muri Kanama 2019. Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyakiriye MMR ya mbere yubatswe na ELTA Systems, ikigo […]

Mu Burusiya: Utugezi twahindutse amaraso, abaturage bakuka imitima_Amafoto

red1.png

Ubwoba ni bwinshi mu baturage bo mu Burusiya nyuma y’aho amazi y’utugezi tumwe na tumwe ahindutse umutuku w’amaraso, impamvu yabiteye ikaba ikiri amayobera. Nk’umugezi wa Iskitimka uri mu gace ka Kemerovo mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Siberia, abaturage bavuga ko amazi yawo asa n’uburozi bitewe n’iri bara. Umuturage witwa Andrey German mu nkuru ya The Sun, […]

Umuryango wa Rusesabagina urabyinira ku rukoma nyuma y’aho abanyamategeko babiri bivanye mu rubanza

Umuryango wa Paul Rusesabagina utangaza ko wishimiye kuba abanyamategeko; Me David Rugaza na Me Emelyne Nyembo barikuye mu rubanza rwa mwenewabo. Soma: https://bwiza.com/?Abanyamategeko-bunganiraga-Rusesabagina-bikuye-mu-rubanza Mu rubanza rwo ku wa kabiri tariki ya 10/11/2020, Gatera Gashabana yagejeje ubutumwa mu rukiko arumenyesha ko adashobora kuboneka kuko ari hanze y’u Rwanda. BBC yavuganye n’abo mu muryango wa Rusesabagina ku […]

Kabuga: No mu rukiko, n’ucecetse aba avuze

N’i La Haye mu Buholandi, ngo nucecetse aba avuze! Bwari ubwa mbere yari agejejwe imbere y’urukiko imbere y’Urukiko MTPI rwasimbuye Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR), ari na rwo rugomba kumuburanisha. Kabuga Felesiyani yahisemo guceceka, nyuma yo gusobanurirwa uburenganzira bwe bwo guceceka cyangwa gusubiza. Ubwo yabazwaga, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu 11 […]

Ruhango: Imyaka itatu irashize abahinzi b’umuceri bataha amara masa

Abahinzi b’ umuceri bo mu gishanga cya Kigogo giherereye mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango baravuga ko baheruka umusaruro wo mu mwaka wa 2017 bitewe n’uko iyo imvura iguye ari nyinshi ibangiriza. Umwe muri aba bahinzi yatangarije TV1 ati ” N’ubwo ubona uyu muceli ugiye kwera na bwo ntitwizeye ko tuzawusarura. N’ubu ushobora […]

Umuryango w’Umugande Tusubira urasaba Guverinoma y’u Rwanda kumugeza mu rukiko

Umuryango wa Charles Tusibura, Umugande bivugwa ko afungiye mu Rwanda kuva ku itariki 27 Ukwakira urasaba Guverinoma ya Uganda kugira icyo ikora kugirango afungurwe, ukanasaba iy’u Rwanda kumugeza mu rukiko niba hari icyaha yakoze. Tusubira w’imyaka 39 ni we nyiri ikigo Kleenville Media gikora ibijyanye n’ubushabitsi bw’amasoko no kwamamaza gikorera mu Rwanda kuva mu 2011. […]

Hahindutse ururimi rukoreshwa mu rubanza rwa Munyagishari

Urukiko rw’Ubujurire rwatangiye kuburanisha mu bujurire urubanza rwa Bernard Munyagishari, uheruka guhamwa n’ibyaha bya Jenoside agakatirwa gufungwa burundu, Inteko y’abacamanza itangaza ko rugomba kuburanwa mu rurimi rw’Igifaransa nk’uko byemeranyijweho n’ababuranyi. Ku wa 20 Mata 2017 nibwo Urukiko Rukuru rwahamije Bernard Munyagishari icyaha cya Jenoside, rumukatira gufungwa burundu. Bernard Munyagishari yoherejwe mu Rwanda n’Urukiko Mpuzamahanga Mpuzamahanga […]

Ab’i Kisoro bategetse Gen. Tumukunde gusaba imbabazi ku bw’akagambane yakoreye Gen. Kayihura

Abayobozi n’abaturage batuye mu Karere ka Kisoro, bategetse Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde kubanza gusaba imbabazi ku bw’ubugambanyi yakoreye Gen. Kale Kayihura. Kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020 ni bwo Gen. Tumukunde wanzwe n’ab’i Kisoro, yari agiye kwiyamamarizayo ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu gusa abashinzwe umutekano bamuhagaritse atarahinjira. Abaturage n’abayobozi b’i Kisoro bafata Gen. Kayihura nk’umuhungu […]

50% by’Abanyakigali banenga serivisi z’amazi, benshi ntibazi gahunda nka VUP na Girinka

emichs1w4aa1m-b.png

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Ugushyingo 2020, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamurikiye abayobozi mu nzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa mu iterambere mu Mujyi wa Kigali, ishusho y’uko abaturage babona imitangire ya serivisi (Citizen Report Card-CRC 2020), aho serivisi z’amazi ari zo ziza imbere mu kunengwa n’Abanyakigali, mu gihe benshi batazi ibijyanye na gahunda zo kwita ku […]

Burundi: Amanyanga muri cyamunara y’imitungo y’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

icamunara4.jpg

Guhera kuri uyu wa Kabiri ushize mu gihugu cy’u Burundi hari kuba cyamunara itarimo kuvugwaho rumwe y’imitungo igizwe n’ibikoresho byo mu nzu n’amazu by’abantu bakurikiranwe muri dosiye yo kugerageza guhirika ubutegetsi mu 2015, aho itangazamakuru ritemerewe kuyikurikirana, ndetse bikaba bivugwa ko iyo mitungo yamaze kugurwa n’abantu batiriwe banagaragara mu ipiganwa. Mu marembo y’inyubako ikoreramo minisiteri […]

Ikipe yo muri Afurika yinjiye mu rugamba rwo gusinyisha Mario Balotelli

Ikipe ya Pyramids FC yo mu gihugu cya Misiri, biravugwa ko yaba yinjiye mu biganiro byo gusinyisha rutahizamu Mario Balotelli kuri ubu udafite ikipe. Uyu Mutaliyani w’imyaka 30 y’amavuko, ni umwe mu bakinnyi bafite izina riremereye, nyuma yo kunyura mu makipe akomeye nka Liverpool, Manchester City, Inter Milan na AC Milan. Balotelli kandi ari mu […]

Leta ya Tigray yasabye abaturage kwambarira urugamba bagahangana na Ethiopia

Abategetsi bo mu karere ka Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia bategetse abaturage baho kwambarira urugamba, bababwira ko bagomba “kwirwanaho” kubera “ubushotoranyi bugaragara” bwa leta ya Ethiopia. Hakomeje kwiyongera ubwoba ko intambara ishobora gukwira muri iki gihugu cyo mu ihembe ry’Afurika. Mbere yaho, Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yari yanze ubusabe bw’abategetsi ba Tigray bw’ibiganiro […]

Joe Biden yashyizeho umuyobozi wa mbere nyuma yo gutorwa

Perezida biboneka kugeza ubu ko yatowe muri Amerika Joe Biden yatoranyije uwitwa Ron Klain kuba umuyobozi w’ibiro bya perezida, nk’uko bivugwa n’ikipe imukorera. Bwana Klain yakoze nk’umujyanama wa Bwana Biden kuva mu myaka ya 1980 ubwo yari muri sena na nyuma ubwo yatorerwaga kuba visi perezida. Bwana Klain uzi iby’imbere cyane muri Washington, yanabaye umujyanama […]

RDC: Abadepite birukanye ku kazi Guverineri wa Maniema

Abadepite 15 muri 21 b’Intara ya Maniema kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Ugushyingo, batoye kwirukana Guverineri w’iyi Ntara, Auguy Musafiri utari uhari ubwo amatora yabaga. Guverineri Musafiri arashinjwa amakosa menshi arimo amacakubiri ashingiye ku bwoko, gucunga nabi umutungo no kuwunyereza nk’uko tubikesha urubuga 7SUR7.CD. Iyi nkuru ikaba ishimangira ko amatora yabaye guverineri w’intara adahari […]

Tito Rutaremara yashyigikiye igitekerezo cyo guhuriza mu biganiro leta na opozisiyo

Hon. Tito Rutaremara uri mu bagize Akanama Ngishwanama k’Inararibonye, yashyigikiye igitekerezo cy’uko leta y’u Rwanda yajya ihurira mu biganiro n’atavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo, mu buryo bwo gusuzuma aho igihugu kigeze. Ni igitekerezo umunyamakuru Robert Mugabe yatanze mu kiganiro mpaka cyayobowe n’umunyamakuru Etienne Gatanazi, kiri kuri televiziyo ya Real Talk ikorera ku rubuga rwa YouTube, cyagiye […]

Saido Ntibazonkiza yafashije u Burundi kuva mu nzara za Mauritania

Ikipe y’igihugu y’u Burundi, Intamba mu Rugamba, yakoze akazi katoroshye ko kujya gukura inota i Nuakchott muri Mauritania, aho yari yitabiriye umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun muri 2021. Hari mu mukino wo mu tsinda E Abarundi bari basuyemo Mauritania wabereye kuri Stade Cheikha Ould Boydie, urangira amakipe yombi aguye […]

Hashyizweho abayobozi mu nzego z’igihugu zitandukanye

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2020, yashyizeho abayobozi b’inzego n’ibigo bya leta bitandukanye, aho nka Anastase Murekezi wari Umuvunyi Mukuru yasimbujwe Madeleine Nirere. Mu Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) FĂ©licien Mwumvaneza: Ni umuyobozi ushinzwe serivisi za gasutamo. Rosine Uwamaliya: Ni umuyobozi ushinzwe ubugenzuzi bw’imbere (Internal Audit and Integrity). FĂ©licien Majyambere: Umuyobozi ushinzwe […]