Umunyarwanda Mugisha Moïse kuri uyu wa Gatandatu, yegukanye agace ka kane k’isiganwa ry’amagare rya Grand Prix Chantal Biya riri kubera muri Caméroun, yiyongerera amahirwe yo kwegukana iri siganwa ribura agace kamwe rikarangira.
Ku munsi wa kane w’iri siganwa, abakinnyi bavuye ahitwa Zoétélé bagana ahitwa Nkpwang, basoreza mu gace ka Meyomessala ku ntera ya kilometero 116.4.
Madamu Chantal Biya witiriwe ririya siganwa usanzwe ari umufasha wa Perezida Paul Biya, yari ahashorejwe ririya siganwa ndetse ni na we wahembye abakinnyi bitwaye neza uyu munsi.
Mugisha Moïse wari wanikiriye bagenzi be, yegukanye aka gace akomeza kwambara umwambaro w’umuhondo.
Grand Prix Chantal Biya iri kuba ku nshuro ya 20 iri ku bipimo bya 2.2 ku ngengabihe y’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), izasozwa ku wa 22 Ugushyingo 2020, nyuma yo kuzenguruka ibilometero 699,4.
Yitabiriwe n’amakipe icyenda arimo iy’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Benin, Côte d’Ivoire, Burkina Faso, Sénégal, Mali, Dukla Banska Bystrica yo muri Slovaquie na SNH Vélo Club yo muri Cameroun.
Ubwo Team Rwanda yaherukaga kwitabira Grand Prix Chantal Biya mu mwaka ushize, Munyaneza Didier ni we Munyarwanda waje hafi, asoreza ku mwanya wa kane, anatahana umwambaro w’umukinnyi muto wigaragaje mu irushanwa.


