Umukozi w’ikigo cy’ubutasi cya CIA yiciwe muri Somalia

Sangiza iyi nkuru

Umukozi wa CIA aherutse kwicirwa mu gikorwa cyabereye muri Somaliya, ibintu bishobora kubyutsa impaka muri Amerika ku bijyanye n’Abanyamerika bakiri muri iki gihugu cyo mu ihembe rya Afurika gikomeje kuzahazwa n’intambara za hato hato.

Nk’uko ikinyamakuru New York Times cyashyize ahagaragara aya makuru kibitangaza, uyu mukozi wa CIA utaramenyekana, yari mu ishami rishinzwe ibikorwa bidasanzwe ry’Ikigo cy’ubutasi cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu ari uwahoze mu gisirikare mu mutwe kabuhariwe wa Navy Seals wishwe mu buryo bukiri amayobera. Televiziyo ya CNN yo yatangaje ko uyu yapfuye muri weekend ishize nyuma yo gukomerekera mu gikorwa CIA yirinze gutangaza byinshi bijyanye nacyo.

Urupfu rw’uyu mukozi wa CIA ruje mu gihe Perezida Donald Trump ateganya, nk’uko byemezwa n’ibinyamakuru bitandukanye, gukura muri Somalia abasirikare bagera kuri 700 ba Amerika boherejwe gutoza no kugira inama abasirikare ba Somalia bahora bahanganye n’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab ufitanye imikoranire na Al Qaida.

Mu ntangiriro za manda ye, Trump yongereye ububasha Pentagone bwo gukora ibikorwa byo kurwanya iterabwoba, haba mu kirere cyangwa ku butaka, muri Somalia. Ingabo z’Amerika rero zongereye ibitero by’indege zitagira abapilote kuri Al Shabab kuva mu 2017, ndetse zohereza mu ibanga abasirikari badasanzwe amagana gufasha no gutoza ingabo za Somalia.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *