Joan Laporta uheruka gutangaza ko aziyamamariza kuyobora ikipe ya FC Barcelona, yaciye amarenga y’uko ashobora kuzasinyisha Neymar, nyuma y’uko uyu munya-BrĂ©sil atangaje ko afite icyizere cyo kuzongera gukinana na Lionel Messi mu mwaka utaha w’imikino.
Mu ijoro ryakeye ni bwo Neymar yatangaje ko akumbuye kongera gukinana na Lionel Messi, nyuma y’uko yari amaze gufasha PSG akinira gutsinda Manchester United ibitego 3-1, mu mukino wa UEFA Champions league wo mu tsinda H.
Neymar yatsinze ibitego bibiri muri bitatu ikipe ye yatsinze.
Aganira na ESPN yagize ati: “Icyo nifuza kurusha ibindi ni ukongera gukinana na Messi. Ndashaka gukinana na we. Nzemera ko anakina mu mwanya wanjye nabishaka. Mu mwaka utaha tugomba gukinana ni ukuri.”
Mu kiganiro Joan Laporta yagiranye na Radiyo ya Catalunya, yaciye amarenga yo gusinyisha Neymar gusa yirinda kugira byinshi amuvugaho.
Laporta wigeze kuyobora FC Barcelona mu myaka yashize, ahabwa amahirwe yo kongera gutorerwa kuyobora iyi kipe yabaye igihangange ku ngoma ye, cyo kimwe na Victor Fonte.
Abajijwe ku byo Neymar yatangaje yagize ati: “Amagambo ya Neymar? Mfite ibyo nayavugaho, gusa sinshaka guhungabanya ikipe iri mu marushanwa kandi iri kwitwara neza umunsi ku wundi. Nabonye ibyo yatangaje, ariko birasanzwe. Basanzwe ari incuti.”
Uyu mugabo wanabajijwe kuri Haaland na we uvugwa muri FC Barcelona, yunzemo ati: “Mfite umubano mwiza n’aba-Agent benshi bakomeye mu Isi y’umupira w’amaguru. Bafite abakinnyi beza. Nindamuka mbaye Perezida wa Barça, ndizera ko tuzongera gusubira mu byishimo.”
Neymar yatangaje ko yifuza kongera gukinana na Lionel Messi batandukanye muri 2017, mu gihe uyu munya-Argentine ari mu mwaka we wa nyuma muri FC Barcelona, ndetse bikaba binavugwa ko ashobora kuyisohokamo mu mpeshyi itaha.
Ubwo yabazwaga ibyo kongerera Messi amasezerano, Laporta yavuze ko afite icyizere cy’uko Messi agomba gutegereza Perezida mushya kungira ngo afate icyemezo kuhazaza he.
Yunzemo ko “Njya mvugana na Leo, ndabizi ko anyemera kandi turubahana, ariko ntabwo twigeze tuvugana ku byo kongera amasezerano. Ndashaka ko aguma muri Barça, kuko umubano wa Leo na Barça ugomba kuba umubano mwiza.”


