Uganda: Umurinzi wa Bobi Wine washinjwe gushaka kumwivugana yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Inzego zishinzwe umutekano za Uganda kuri uyu wa Mbere, zataye muri yombi Norbert Ariho, umurinzi wa Robert Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ ukekwaho kugira uruhare mu biturika biherutse kukugunywa kuri uriya mukandida-Perezida.

Ariho yafatiwe mu gace ka Bududa mu Burasirazuba bwa Uganda, aho Bobi Wine yari yagiye kwiyamamariza.

Polisi yavuze ko itabwa muri yombi rye rifitanye isano n’iperereza iri gukora ku giturika cyaturikirijwe mu gace ka Kayunga, aho Bobi Wine yari yagiye kwiyamamariza mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Hari amakuru avuga ko uriya murinzi wa Bobi Wine yafashwe amashusho ari guturitsa umukebe w’ibyuka biryana mu maso mu bantu, Polisi ikavuga ko igomba kumubaza uko yabonye uriya mukebe kandi ari umusivile.

Mbere yaho, Fred Enanga uvugira Polisi ya Uganda yari yagize ati: “Turi gushakisha Norbert Ariho, agomba kudusobanurira uko yabonye uriya mukebe.”

Ubwo biriya byuka byaturitswaga, abantu babiri barimo n’undi murinzi wa Bobi Wine witwa ASP Kato bakomerekejwe cyane na byo.

Televiziyo ya NBS iheruka gusesengura amashusho yafashe ubwo icyo kintu cyaturitswaga, yo agaragaza ko uyu mukebe utatewe na Norbert Ariho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *