Itsinda ry’abashakashatsi rifite icyicaro mu Bwongereza ryasanze umutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kisilamu (Islamic State) warashyizeho umuyoboro urambuye wagenewe kugura ibikoresho by’ingenzi bikenewe mu gukora intwaro zangiza, zimwe muri zo zishingiye ku ikoranabuhanga rya roketi ryatejwe imbere mu Budage bw’Abanazi.
Umuryango utegamiye kuri leta ukora ubushakashatsi ku makimbirane akoreshwamo intwaro (Conflict Armament Research) wahishuye ko Leta ya Kisilamu (IS) yubatse moteri y’indege za drone nini zifite ingufu nyinshi, hagendewe ku ikoranabuhanga ryo mu Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose ry’u budage bw’Abanazi rikoresha ibisasu byo mu bwoko bwa V1.
Ubushakashatsi kandi bwamenye imiryango ibiri yagutse ituye hafi y’umupaka wa Turkiya na Syria, abayigize bafashije kugura ibikoreshofatizo byagejejwe kuri Islamic State kugirango ikore ibiturika n’ibisasu bya rokete.
Mike Lewis umuyobzi wa CAR ushinzwe iperereza ryimbitse yagize ati: “Abarwanyi ba Leta ya Kisilamu muri Irak na Syria bateje imbere ubushobozi buhanitse bwo gukora intwaro zabo bwite, ibisasu, n’ibindi bikoresho bya gisirikare by’umutwe uwo ariwo wose utegamiye kuri Leta kugeza ubu.”
Mu gukora izi ntwaro, Leta ya Kisilamu yari ikeneye imikoranire ku rwego mpuzamahanga mu kugura ibikoresho, kuva ku binyabutabire bikoreshwa mu gukora ibiturika kugeza ku bikoresho byo kubaka za drones nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.
Ubushakashatsi bwasanze iyo mikoranire yari yiganje mu miryango mito ikorera hagati y’umupaka wa Turkiya na Syria. Bashinzwe cyane cyane kugura ibintu byose kuva ku bikora ibiturika, kugeza ku bikoresho bya elegitoroniki bikorwa n’u Bushinwa, n’ibindi bintu birangirira aho Islamic State ikorera intwaro muri Irak na Syria nk’uko Lewis akomeza avuga.
Ikindi kintu kidasanzwe, mu bushakashatsi bwayo, CAR yanzuye ko ibigo byohereje ibicuruzwa “bidasanzwe” bimwe na bimwe bishobora kuba bitarigeze bimenya ko bizakoreshwa na Islamic State.
CAR yasanze iduka rimwe rito ryaratumije toni zigera kuri esheshatu za “Aluminium Paste”, umuti ukomoka ku ruvange rw’amazi na aluminium iseye, rushobora kubyara ibinyabutabire bishobora guturitsa ibiturika bikomoka ku ifumbire mvaruganda.
Muri raporo yabanjirije iyi, CAR yatangaje ko havumbuwe sorbitol nyinshi yoherejwe mu mifuka y’isukari y’uruganda kabuhariwe rwo mu Bufaransa rwitwa Tereos. Sorbitol ikaba ari ibinyabutabire bishobora gukoreshwa mu gukora ibisasu. Tereos ariko yavuze ko itari izi uburyo byageze mu maboko ya IS, ndetse ijyana abayishinja mu rukiko ku ya 25 Ugushyingo.
V1 z’Abanazi
Ikintu gitangaje kurushaho CAR yavumbuye mu bushakashatsi bwayo, ni uko Leta ya Kisilamu yashoboye kubona igishushanyo mbonera cya moteri nk’izi ibisasu bya roketi byo mu bwoko bwa V1, byakozwe n’Abanazi mu mpera z’Intambara ya Kabiri y’Isi.
Gahunda ya IS yari iyo gukoresha ubwo buryo bwo gusunika mu “ ndege zitagira abadereva (drones) zifite ingufu nyinshi ”. CAR yasanze IS yarakuye iki gishushanyo mbonera kuri internet.

Lewis avuga ko Islamic State izi neza ahahise habi h’iri koranabuhanga mu kwica, akavuga ko uyu mutwe urimo kubaka moteri Hitler yakoresheje mu kurasa ibibombe ku Bwongereza mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.
Yongeraho ko kubera gutsindwa kwa gisirikare kwa Leta ya Kiyisilamu, indege zitagira abadereva zitigeze zikoreshwa, ariko zari zarakozwe kugira ngo “zibe nyinshi, zikomeye cyane kuruta drones ntoya zikoresha amashanyarazi yabonye zikoreshwa muri Mosul no mu bice byo mu majyaruguru ya Irak.


