Uwari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda yahawe akazi mu Rukiko rw’Ikirenga rw’u Bushinwa

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda, Hon. Bart Katureebe Magunda, yahawe akazi mu Rukiko rw’Ikirenga rw’u Bushinwa nyuma y’amezi atandatu avuye mu kazi ke.

Muri uru rukiko rwo mu Bushinwa, Hon. Katureebe azaba ari umwe mu bagize akanama k’inzobere mu gukemura amakimbirane mpuzamahanga ashingiye ku bucuruzi mu gihe cy’imyaka ine.

“Bart Katureebe yagizwe umwe mu bagize Komite y’inzobere y’urukiko rw’ubucuruzi mpuzamahanga rw’Urukiko rw’Ikirenga rwa Repubulika ya rubanda y’u Bushinwa muri manda y’imyaka ine, guhera tariki 08, 2020 kugeza tariki 08, 2024,” ibi ni ibikubiye mu ibaruwa imuha akazi.

Iyi komite y’inzobere y’urukiko yashinzwe muri Kanama 2018 mu rwego rwo guharanira imikorere myiza kandi yihuse y’Urukiko rw’ubucuruzi mpuzamahanga rw’u Bushinwa (CICC), rumwe mu rwego rw’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bushinwa (SPC), yashyizweho ngo ijye ikemura amakimbirane ashingiye ku bucuruzi mpuzamahanga nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Umuhango wo kwakira Hon. Katureebe wabereye kuri uyu wa Kabiri, itariki 08 Ukuboza 2020 I Shenzhen, mu Bushinwa, yawitabiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga kubera icyorezo cya Covid-19, afata ijambo ryamaze iminota umunani, atanga ibitekerezo bye n’ubunararibonye ku bijyanye n’ibikorwa by’inyiko z’ubucuruzi.

Yavuze ko yishimiye aka kazi yahawe avuga ko azitangira kugasohoza neza.

Hon. Katureebe akaba yaravuye, ku mugaragaro, ku mwanya wa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Uganda ku itariki 20 Kamena 2020, nyuma yo kuzuza imyaka 70 igenwa n’amategeko kuri uyu mwanya, ahita asimburwa n’uwari umwungirije, Alfonse Owiny Dollo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *