USA: Umucamanza yategetse CIA guhishura amajwi yafashwe mu iyicwa rya Khashoggi

Sangiza iyi nkuru

Umucamanza wa New York kuri uyu wa Kabiri yategetse inzego z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwemera ko zibitse inyandiko na cassette iriho amajwi yafashwe ubwo umunyamakuru Jamal Khashoggi yicwaga mu 2018.

Umucamanza yanategetse Ikigo cy’ubutasi cya CIA n’Ibiro by’Umuyobozi w’Ubutasi bw’Igihugu (ODNI) gusobanura impamvu babitse iyi cassette ndetse CIA isabwa raporo kuri ubu bwicanyi.

Umunyamakuru Jamal Khashoggi, wakoranaga na The Washington Post, yishwe ahejejwe umwuka mbere gucagaguramo ibice umurambo we bikorewe muri Ambasade ya Arabia Saoudite muri Turkiya, aho yari agiye gushaka ibyangombwa yari akeneye kugirango abashe gushyingira n’umukunzi we uvuka muri Turkiya.

Ubu bwicanyi bwakozwe ku itariki 02 Ukwakira 2018, bwabaye imbarutso yo kwamaganwa n’amahanga ndetse bushyira icyasha ku isura ya Arabia Saoudite n’Igikomangoma Mohammed bin Salman.

CIA yanzuye ko Igikomangoma Salman cyagize uruhare muri ubu bwicanyi ndetse bitera agatotsi mu mubano wari usanzwe ari mwiza hagati ya Amerika (aho Khashoggi yabaga) na Arabia Saoudite.

Nyuma, Perezida Donald Trump yaje gutangaza ko yakingiye Igikomangoma Salman inteko ishinga amategeko ya Amerika aho mu gitabo cy’umunyamakuru Bob Woodward, Trump yabyigambye agira ati: “Natabaye akabuno ke.”

Nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa Al Araby, ikigo “The Open Society Justice Initiative”, cyashinzwe n’umuherwe George Soros, cyatanze ikirego gishingiye ku ihame ry’ubwisanzure bwo kubona amakuru gisaba kugera ku byo ikigo cy’ubutasi cya CIA kibitse ku rupfu rwa Khashoggi.

CIA na ODNI byateye utwatsi ubu busabe ndetse byanga no kwemeza ko izo nyandiko zirebana n’ubwicanyi bwakorewe Khashoggi zihari byitwaje impamvu z’umutekano w’igihugu.

Umucamanza Paul Engelmayer ariko kuri uyu wa Kabiri yategetse Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugaragaza bitarenze ibyumweru bibiri ikitwa “Vaughn index”, inyandiko itegurwa n’inzego isobanura impamvu yo kudahishura amakuru hashingiwe ku itegeko ry’ubwisanzure ku kubona amakuru.

Uyu mucamanza akaba yakomoje ku magambo yatangajwe na Perezida Trump mu mpera za 2018 agira ati: “Dufite cassette”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *