Umusirikare wa UPDF yakatiwe imyaka isaga 50 y’igifungo

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare mu Ngabo za Uganda (UPDF) yakatiwe imyaka 51 y’igifungo nyuma y’aho urukiko rwa gisirikare rumuhamije icyaha cyo kwica arashe abantu batatu ku itariki 10 Gashyantare mu Mujyi wa Gulu, nyuma y’amakimbirane ashingiye ku butaka.

Lance Cpl Geoffrey Okello Onek wabarizwaga muri Division ya 4 ya UPDF muri Gulu, yishe Beatrice Ajok w’imyaka 52 n’abahungu be babiri, Dan Joachim Binyang w’imyaka 18 na Owen Norman w’imyaka 20, yashinjaga kuragira ihene mu isambu ye zikangiza umurima we w’ibigori. Umwana w’umukobwa w’imyaka 8 nawe yakomerekejwe n’isasu icyo gihe.

Nyuma y’urubanza rwagiye rutinda ahanini bitewe na Covid-19, Urukiko rwa Gisirikare ku Birindiro bya Division ya 4 muri Gulu, kuri uyu wa Gatanu rwakatiye Okello imyaka 51 y’igifungo.

Mu kwiregura kwe ariko, uyu musirikare w’imyaka 33 yahakanye ibyo ashinjwa nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Ati: “Nyagasani ntabwo nigeze ngira uruhare mu iraswa rivugwa kubera ko uwo munsi nari noherejwe kurinda ibiro by’ubuyobozi bwa division ya 4.”

Mbere ariko, uyu yari yabwiye uru rukiko ko kuva ku itariki 19 Ugushyingo 2019, atari afitanye imibanire myiza n’umuryango wa Patrick Okwera, kubera ko abana be barekaga ihene zikamwonera.

Ati: “Barankubise ubwo nitotomberaga iki kibazo.”

Uyu yakomeje avuga ko yatanze ikirego arega uyu muryango kumukubita kuri station ya polisi ya Gulu, ariko ntihagire ubufasha ahabwa.

Capt Augustine Tumwebaze, umushinjacyaha wa repubulika, avuga ko urukiko rwasanze uyu musirikare ahamwa n’icyaha rukamukatira igihano rugendeye ku batangabuhamya 14 ubushinjacyaha bwatanze.

Uyu mushinjacyaha yongeyeho ko ubushinjacyaha bwasuzumye intwaro yakoreshejwe mu kwica, n’ibikomere byatewe abishwe n’ibice by’umubiri byababajwe cyane.

Col George Nambafu, umucamanza w’urukiko rwa gisirikare rwa Division ya 4, avuga ko uwahamijwe icyaha azakora imyaka 50 kubera ko amaze umwaka umwe afunze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *