nigerian-air-force-c-130.jpg

Nigeria iri kugurisha kuri internet indege 20 z’intambara za MiG-21

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Nigeria cyashyize ku isoko indege z’intambara zigera kuri 20 zo mu bwoko bwa MiG 21 zari zisigaye mu bubiko bw’Igisirikare kirwanira mu kirere, aho ziri kugurishwa kuri internet bigizwemo uruhare n’ikigo cyo muri Amerika Inter Avia Group, ariko nta biciro byashyizwe ahagaragara n’abagurisha.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Africanmilitaryblog iravuga ko nubwo izi ndege za MiG-21 mu bihe byashize zafatwaga nk’iziteye imbere mu ntambara yo mu kirere, iza Nigeria zakoreshejwe gacye gashoboka zikaba zari zimaze igihe kirekire aho ziparitse ntacyo zikora.

Mu ndege zashyizwe ku isoko z’ubu bwoko ni eshanu za MiG-21 MF (itwarwa n’umupilote umwe), enye za MiG-21 UM (zifite imyanya ibiri), na 11 zo mu bwoko bwa MiG-21 BIS (umwanya umwe).

Igihugu cya Nigeria cyaguze indege z’intambara za MiG-21 MF 25 na MiG-21 UM mu 1975 ishaka gusimbuza ubwoko bwa MiG-17 bwari bumaze gusaza. Ahagana mu 1984, indege 12 za MiG-21 MF n’eshanu za MiG-21 UM zari zikiri mu kazi.

Mu myaka ya za 90, indege 13 za Mig-21 BIS, kongeraho ebyiri za MiG-21 UM zashyizwe mu bubiko kubera kubura ibikoresho byo gusimbura ibishaje.

Ubutumwa bwa mbere MiG-21 za Nigeria zagiyemo ni ubwo mu ntangiriro ya za 80, aho zahagurutse I Maiduguri zerekeza ku butaka bwa Tchad mu butumwa bwo gushakisha amakuru zigiye gufasha ingabo z’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA) zari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Tchad.

MiG-21 za Nigeria nabwo zagabye ibitero ku biturage byinshi byegereye Ikiyaga cya Tchad hapfa abantu babarirwa muri 90 abandi barakomereka mu gihe cy’amakimbirane hagati y’ibi bihugu yatewe uburenganzira bwo kuroba muri Mata 1983.

Nyuma y’igihe kirekire, mu 2005 Nigeria nibwo yemeje miliyoni 221 z’Amadolari yo kugura indege nshya z’intambara 15 zo mu bwoko bwa Chengdu F-7 zikorwa n’u Bushinwa, zigera muri Nigeria mu 2009.

nigerian-air-force-c-130.jpg

Usibye MiG, kandi Nigeria yashyize no ku isoko indege nini za gisirikare zitwara abasirikare n’ibikoresho zo mu bwoko bwa C-130 H Hercules. Izi ndege nazo ngo zimaze igihe kirekire ziparitse kandi ibyuma bimwe byavanwemo.

Abifuza kugura izi ndege bakaba bagiriwe inama yo kujya kuzigenzura aho ziparitse muri hangari ya ‘Presidential Air Fleet’, iherereye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Nnamdi Azikiwe i Abuja.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Nigeria iri kugurisha kuri internet indege 20 z’intambara za MiG-21
    Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta witwa BIRARO Obadia wo muri Nigeria abakorere Audit mu gukoresha nabi indege za Leta.

  2. Nigeria iri kugurisha kuri internet indege 20 z’intambara za MiG-21
    Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta witwa BIRARO Obadia wo muri Nigeria abakorere Audit mu gukoresha nabi indege za Leta.

  3. Nigeria iri kugurisha kuri internet indege 20 z’intambara za MiG-21
    izo C-130 Hercules ndashakamo imwe…….. niba bagurisha kugiciro cyiza……dore ko ntanicyo bazimazaga.

  4. Nigeria iri kugurisha kuri internet indege 20 z’intambara za MiG-21
    izo C-130 Hercules ndashakamo imwe…….. niba bagurisha kugiciro cyiza……dore ko ntanicyo bazimazaga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *