Umugore wa nyakwigendera Gen. Delphin Kahimbi, wahoze akuriye ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo afungishijwe ijisho kuva umugabo we yashyingurwa nyuma y’amezi 10 apfuye.
Uyu mupfakazi wa Gen Kahimbi aravuga ko ubutabera bwa gisirikare bwafashe iki cyemezo nyuma y’umunsi umwe umugabo we, wapfuye mu buryo bw’amayobera, ashyinguwe.
Iyi nkuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, iravuga ko nyuma y’ishyingurwa ry’umugabo we, ku Cyumweru, itariki 08 Ukuboza, ahitwa Kiniezire, abagabo umunani bari mu myambaro y’akazi bavugaga ko bakora mu butabera bwa gisirikare bageze mu rugo rwabo kuwa Kabiri, itariki 10 Ukuboza, nk’uko byasobanuwe na Brenda umugore wa Kahimbi.
Uyu avuga ko bamweretse inyandiko yavuye muri leta imufungira, we na nyina, mu rugo. Brenda kahimbi akaba avuga ko atazi impamvu y’iki cyemezo.
Hagati aho, hashize amezi, mwishywa wa Brenda, umupasiteri n’umugore ushinjwa kuba ari we washatse umukozi wo mu rugo waburiwe irengero nyuma y’urupfu rwa Kahimbi, bafungiye by’agateganyo i Kinshasa.
Biravugwa ko no kugumisha ijisho kuri Brenda Kahimbi bifitanye isano n’iperereza rikomeje rigamije kumenya uko Kahimbi yapfuye mu by’ukuri.
Nyuma y’urupfu rwa Gen. Kahimbi, Perezida Felix Tshisekedi yigeze gutangariza mu nama y’abaminisitiri ko umurambo wa Kahimbi wagaragayeho ibimenyetso byo kunigwa, ariko umugore we yakomeje gushimangira ko yishwe n’ikibazo cy’umutima.
Ubutabera bwa gisirikare kugeza ubu ntabwo burumva uyu mugore ukunze kohereza umwunganizi we mu mategeko ngo asubize ibibazo abazwa na komisiyo ishinzwe iperereza.
Kugeza uyu munsi kandi ubutabera bwa gisirikare bukaba butarashyira ahagaragara ibyavuye mu bizamini byo kwa muganga mu gihe hagitegerejwe ko iperereza rirangira.


