Dr. Kaberuka yavuze ko Afurika isabwa miliyari 12$ kugira ngo ibone inkingo za Covid-19 zihagije

Sangiza iyi nkuru

Dr. Donald Kaberuka uri mu itsinda ry’impuguke rishinzwe gushakira umugabane wa Afurika igisubizo ku ihungabana ry’ubukungu muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi, yavuze ko uyu mugabane usabwa amafaranga agera kuri miliyari 12 z’amadolari ya Amerika kugira ngo ubone inkingo zihagije.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa The East African, Kaberuka yavuze ko ari inkuru nziza ko inkingo z’iki cyorezo zatangiye kuboneka ariko ubu hakaba hibazwa uburyo zishobora kuzagera kuri uyu mugabane.

Mu makuru yamenye, ngo ni uko zimwe muri izi nkingo kugira ngo zikore mu mubiri w’umuntu, bizasabwa ko aterwa doze ebyiri, bikaba bivuze ko Afurika izakenera doze zikabakaba miliyari ebyiri kugira ngo ikingire abantu 60%, bikaba bisaba byibuze iyi ngano y’amafaranga kugira ngo iyi ntego igerweho.

Yavuze ko hakiri impaka, hibazwa niba uyu mugabane wazafata inkingo zakingira abantu 20%, gusa ngo ikigo cya Afurika gishinzwe gukumira indwara, Africa CDC, kivuga ko zaba ari nkeya, bityo hakwiriye gushakishwa uburyo izakingira 60% zibarirwa muri doze miliyari 1.2 zaboneka.

Dr. Kaberuka yavuze ko hari ibihugu [byifite] byamaze kugura inkingo zari zaramaze kuboneka [bwa mbere], bikaba byarerekanye ko ufite amafaranga ari we ushobora kuzabasha kubona inkingo nyinshi.

Icyo abona gikwiriye gukorwa ni uko Afurika na yo yashaka amafaranga azatuma ibona izi nkingo zakingira abantu 60%, ntitegereje abagira neza nk’uko yabigenje ihangana n’icyorezo cya SIDA.

Hari gahunda yatangijwe n’umuryango GAVI igamije gukusanyiriza Afurika amafaranga miliyari 5 z’amadolari ya Amerika yo kugura inkingo za Covid-19, gusa ubu umaze kubona miliyari 2. Ngo uyu muryango ubashije kugera ku ntego yawo, aya mafaranga yagura inkingo zakingira abantu 20%.

Kugira ngo intego y’inkingo 60% igerweho, Dr. Kaberuka yavuze ko hari gahunda Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) watangije, igamije gushakisha andi mafaranga yiyongera kuri andi ashakishwa na Gavi-Covax.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *