Leta ya Ethiopia yiyemeje guha miliyoni 10 z’amafaranga akoreshwa muri iki gihugu (260,000$), umuntu wese watanga amakuru yageza ku ifatwa ry’abayobozi b’umutwe wa TPLF, wari umaze igihe uhanganye n’ingabo za guverinoma mu majyaruguru y’igihugu.
Igihembo kigenewe uwafasha guta muri yombi abayobozi b’umutwe wa TPLF (Tigray People’s Liberation Front) cyatangajwe kuri radio na televiziyo by’igihugu (EBC), ndetse bitambutswa ku rukuta rwa twitter ry’ishami ryashinzwe ibibazo byo mu Ntara ya Tigray.
Ni itangazo ryasomwe na Lt. Gen. Asrat Denero, ukuriye ishami rishinzwe guhana amakuru hagati y’abaturage n’igisirikare, aho yanatangiye numero ya telephone uwaba afite amakuru yahamagara.
Iyi nkuru dukesha Al Jazeera, iravuga ko bikekwa ko abayobozi ba TPLF baba baragiye kwihisha mu misozi nyuma y’aho umurwa mukuru w’Intara ya Tigray wigaruriwe n’ingabo za Ethiopia ku itariki 28 Ugushyingo.


