Umuvugizi wa Francois Bozize wahoze ari Perezida wa Centrafrica yateye utwatsi amakuru akomeje kuvuga ko ari we uri inyuma y’abantu bitwaje intwaro bashaka guhirika ubutegetsi nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu, mu itangazo ryashyizwe ahagaragra na minisitiri w’itumanaho, Ange-Maxime Kazagui.
“Oya, Francois Bozize ntabwo ari mu bihuru ahubwo ari iwe i Bossangoa”, nk’uko byemejwe na Christian Guenebem, Umunyamabanga Mukuru wungirije akaba n’umuvugizi w’ishyaka KNK avugana na RFI.
Yakomeje agira ati “Kuvuga ko François Bozizé yahungiye muri Ouham kubera umutekano we, ni iki gishobora kuba gisanzwe? Kubihuza mumushinja ibintu byose sibyo. Nagira ngo mbabwire ko niba mu bitekerezo bya bamwe muri aba bagabo bo mu mitwe yitwaje intwaro agaragaza ubundi buryo, ntabwo ari amakosa ya François Bozizé. Ahari bizaba amakosa y’abataratanze ubundi buryo bwizewe.”
Uyu yamaganye ibirego avuga ko bigamije guharabika Francois Bozize. Yavuze ko ibi ahubwo bishobora gusunikira Bozize gukomeza kugeza ku iherezo.
Guverinoma ya Centrafrique yashinje François Bozizé wigeze kuyobora iki gihugu, gushaka guhirika ubutegetsi nyuma y’aho imitwe yitwaje intwaro igabye igitero mu Burengerazuba bw’iki gihugu.
Itangazo rya Guverinoma ryavuze ko Francois Bozizé yari hafi y’Umujyi wa Bossembélé mu bilometero 150 uvuye mu Majyaruguru y’Uburengerazuba ya Bangui, ahagabwe iki gitero. Havuzwe ko yari yiteguye guhurira n’abantu be mu Murwa Mukuru.
Ibi biravugwa mu gihe muri Centrafrica hateganyijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba ku wa 27 Ukuboza 2020.


