Minisitiri w’ubuzima w’u Bufaransa,Olivier Véran, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko ubwoko bushya bwa virus itera icyorezo cya Covid-19 yagaragaye mu Bwongereza yaba irimo irakwirakwira mu Bufaransa, nubwo nta bipimo byayo birafatwa kugeza ubu.
“Birashoboka cyane ko virus irimo irazenguruka mu Bufaransa,” uyu ni minisitiri Véran avugana na Europe 1 Radio, mbere yo kongeraho ko iyi virus yagaragaye rimwe mu Butaliyani, ariko itaragaragara ku butaka bw’u Bufaransa kugeza ubu.
Ati “Muri iyi minsi ishize, hamenyekanye amoko 500 kandi arasesengurwa mu Bufaransa ariko ubu bwoko ntibwagaragaye. Ariko ibi ntibisobanuye ko itarimo gukwirakwira.”
Ubwoko bushya bwa virus ya Corona butera Covid-19 bwagaragaye mu Bwongereza bivugwa ko bwandura kurusha ubwoko busanzwe ku rugero rwa 70%.
Ubu bwoko bwatumye hongera gukazwa ingamba za guma mu rugo ku baturage bagera muri miliyoni 16 mu majyepfo y’u Bwongereza, ndetse Minisitiri w’Intebe, Boris Johnson yisubiraho ku migambi yo koroshya amabwiriza yashyizweho mu rwego rwo kwirinda Covid-19 mu gihe cya Noheri.
U Bufaransa n’ibindi bihugu byo mu Burayi byari byashyizeho amabwiriza ahagarika ingendo zijya cyangwa ziva mu Bwongereza kubera ubwoba bw’iyi virus u Bufaransa bwatangiye kwikanga ku butaka bwabwo.


