Polisi ikorera mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jenda ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze, iherutse gufatira mu tubari tubiri abantu 50 barimo kunywa inzoga ndetse bamwe muri bo bagerageza kuyirwanya.
Ibi byabereye mu mpera z’icyumweru gishize, ku itariki ya 19 na 20 Ukuboza, mu Murenge wa Jenda mu tugari twa Nyirakigugu n’Akagari ka Kabatezi.
CIP Bonaventure Twizere Karekezi, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko ku itariki ya 19 abapolisi bari mu bikorwa byo kugenzura ko abantu barimo kubahiriza amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 bageze mu gasantire ka Jenda mu Murenge wa Jenda mu Kagari ka Nyirakigugu n’Akagari ka Kabatezi mu kabari ka Kubwimana Emmanuel w’imyaka 45 basangamo abantu 43 barimo kunywa inzoga y’inkorano yitwa Umufwe.
Ati “Ku wa Gatandatu saa tanu n’igice za mu gitondo, abapolisi bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya COVID-19 basanga mu kabari ka Kubwimana Emmanuel harimo abantu 43 barimo kunywa inzoga itemewe yitwa umufwe. Bari barenze ku mabwiriza yose yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 ndetse barimo kunywesha imiheha bahererekanya utujerikani.”
Bucyeye bwaho ku itariki ya 20 Ukuboza abapolisi bakomeje ibikorwa byabo, baza kugera mu kabari k’uwitwa Niyoyita Felix w’imyaka 32 nawe wo mu Murenge wa Jenda mu Kagari ka Kabatezi, basangamo abantu 6 na we wa 7 barimo kunywa inzoga.
CIP Karekezi ati “Ubwo abapolisi bafataga abantu bari mu kabari ka Niyoyita hirya haturutse abandi baturage banywaga ya nzoga itujuje ubuziranenge izwi ku izina ry’Umufwe, batangira gutera amabuye abapolisi bagira ngo bagende bareke abo bantu bari mu kabari ka Niyoyita kuko ngo harimo mugenzi wabo na we wari ufite amahane arimo kurwanya abapolisi. Abapolisi byabasabye gukoresha ubundi buryo, abo baturage babona guhunga ariko abari muri ako kabari barabajyana.”
Abafashwe bose uko ari 50 nk’uko iyi nkuru dukesha Imvaho Nshya ivuga, bajyanywe kuri sitasiyo ya Polisi ya Mukamira baganirizwa ku miterere y’icyorezo cya COVID-19 n’uko bacyirinda, baciwe amande barabarekura barataha, utubari two twahise dufungwa.


