Umunyamideri w’Umubiligikazi witwa Marisa Papen, ashobora gukatirwa imyaka 7 y’igifungo nyuma yo kwifotoreza, yambaye ubusa buri buri, ku musigiti uzwi nka Hagia Sophia wo mu Mujyi wa Istanbul muri Turkiya.
Uyu munyamideri w’imyaka 28 ukomoka mu Mujyi wa Limbourg mu Ntara ya Liège, bivugwa ko yifotoreje ku musigiti wa Hagia Sophia mu 2018 yambaye uko yavutse. Uyu kandi yanifotoreje ku ibendera rya Turkiya yambaye ubusa, bifatwa nk’agasuzuguro ku busugire bw’iki gihugu.
Muri Werurwe muri uyu mwaka, Ubushinjacyaha bwo mu Mujyi wa Istanbul, nibwo basohoye impapuro zo guta muri yombi Marisa papen. Ibirego ashinjwa nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Turkiya, bishobora gutuma akatirwa imyaka iri hagati y’ibiri n’imyaka irindwi.

Yifotoreje n’i Vatican yambaye ubusa
Uyu arashinjwa urukozasoni no gutesha agaciro ubusugire bwa Turkiya ku karubanda.
Amafoto yafotowe na gafotozi witwa Jesse Walker mu kanya nk’ako guhumbya. Bivugwa ko aba baguze ya kanzu ya kisilamu akayambara bakinjira mu musigiti, ariko bagatungurwa na camera zari zuzuyemo.
Aba ngo bafatiranye ubwo abantu bari bakurikiranye umuyobozi w’idini basohotse maze Marisa azamura ikanzu Jesse atangira gufata amafoto. Ngo mu masegonda atanu bari barangije bahita bava aho nta kibazo bahuye nacyo, ariko bagiye kureba basanga amafoto yaje nabi, biba ngombwa ko basubirayo bwa kabiri na none bafata amafoto nta kibazo.
Kuri Marisa Papen, ngo aya mafoto atavugwaho rumwe yayafashe mu rwego rwo gukangurira abantu impinduka. Ngo yashakaga kumvisha buri muntu kwitekerezaho ubwe yirengagije politiki n’Iyobokamana.

Yanifotoreje ku Rukuta rw’amaganya yambaye ubusa
Ngo aya mafoto yo muri Turkia nk’uko bitangazwa na 7sur7.be, ntabwo ari yo ya mbere ataravuzweho rumwe. Yigeze na none kwifotoreza ku Rukuta rw’amaganya (Mur des Lamentations) I Yerusalemu mu 2018, ndetse aza no gufungirwa mu Misiri amara ijoro muri kasho nyuma yo kwifotoreza mu rusengero rwa Karnak.


