Muri mitingi ye ya nyuma mbere y’amatora ateganyijwe kuri iki Cyumweru, itariki 27 Ukuboza 2020, muri Centrafrica, Perezida Touadera yasabye abaturage b’igihugu cye kuramburira amaboko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye n’ibihugu nk’u Rwanda n’u Burusiya, abasaba kutagira ubwoba bagatora umukandida bifuza ko yabayobora.
Perezida Faustin-Archange Touadera, unayobora ishyaka Mouvement Coeurs Unis (MCU) yahamagariye abaturage ba Centrafrica kwitabira ku bwinshi amatora yo kuri iki Cyumweru batitaye ku kibazo cy’umutekano kiri mu gihugu.
Ashagawe n’abakomando benshi bashinzwe umutekano we barimo Abanyarwanda n’Abarusiya, Perezida Touadera ati “ Mwebwe Banyacentrafrica, mube maso ariko muramburire ukuboko abasirikare bacu, muramburire ukuboko ingabo za Minusca, muramburire ukuboko n’ibindi bihugu: U Burusiya, u Rwanda n’abandi bose badufasha gukaza umutekano.”
Yakomeje agira ati “ Mugomba kwamagana abo barwanyi bose bari imbere mu gihugu kandi bagerageza guhungabanya umurwa mukuru. Mugomba kuvuga Oya kugirango kuri iki Cyumweru, mutagira ubwoba bwo gutora umukandida wanyu, kugirango mubashe gutora perezida mwihitiyemo…”

Perezida Touadera ararinzwe bikomeye
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bo bari bagisaba gusubika amatora
Anicet-Georges Dologuélé , yari umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi b’ingenzi ku butegetsi bw’uwari perezida w’inzibacyuho, hagati ya 2014 na 2016, Catherine Samba-Panza nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ikomeza ivuga.
Uyu muyobozi w’ishyaka l’Union pour le renouveau centrafricain (URCA) asanga umutekano mucye uri mu gihugu utazatuma amatora aba neza hakaba hari hakwiye ko amatora ya perezida n’ay’abagize inteko ishinga amategeko yasubikwa.
Anicet-Georges Dologuélé agira ati: “Nubwo hari amagambo numva aha na hariya, sintekereza ko bishoboka ko ikigo cy’igihugu gishinzwe amatora cyakohereza ibikoresho byose ku biro by’itora 5.400.”
Gusa, uyu yongeyeho ko niba bishoboka ko amatora aba kuri iki Cyumweru, Abanya-Centrafrica bakwiye kujya gutora ku bwinshi bagatora kuvana ku butegetsi Touadera kandi ngo yiteguye gutanga urugero.


