Isomwa ry’urubanza rw’abantu 15 barimo abakozi ba Banki ya Kigali bakurikiranweho kunyereza umutungo wa leta ubarirwa muri miliyoni zisaga 500 z’Amanyarwanda ruzasomwa kuwa 22 Mutarama 2021 nyuma yo gusubikwa kuri uyu wa Kane ushize.
Aba bantu barimo abakozi ba BK batatu, bashinjwa n’ubushinjacyaha kunyereza umutungo wa leta ubarirwa mu mafaranga miliyoni 570. Ni amafaranga yari agenewe gahunda ya Zamuka Mugore, igamije gufasha abagore bakora ubucuruzi buciriritse.
Banki ya Kigali yari irahagarariwe muri rubanza nayo isaba ko yahabwa indishyi z’akababaro zirenga miliyoni 800Frw.
Abaregwa bose uko ari 15 bakurikiranyweho n’Ubushinjacyaha ibyaha bibiri ari byo; Kunyereza umutungo wa Leta no Gukoresha inyandiko mpimbano. Ibi byaha byose barabihakana bavuga ko ubushinjacyaha nta bimenyetso bufite.
Byari biteganyijwe ko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruzatanga umwanzuro warwo ku itariki 24 Ukuboza 2020, ariko Ubwanditsi bw’Urukiko bwavuze ko uru rubanza rutagisomwe kubera imanza nyinshi uru rukiko rwagize. Bwongeyeho ko urubanza rw’abakozi ba BK ari runini kandi rurimo abantu benshi, ko dossier nini bisaba kuyitondera cyane kugira ngo hatangwe ubutabera.
Uwunganira umwe mu baregwa, Me Bibley Mutayega, nk’uko tubikesha Umuseke, yavuze ko kuba urukiko rwarasubitse isomwa ry’urubanza mu buryo bw’amategeko nta kosa rufite, avuga ko kenshi urubanza rusubikwa biturutse ku manza Umucamanza ufite iyo dossier afite, akaba yasubika gusoma akabanza kuburanisha izindi.
Ati “Keretse isomwa riramutse risubitswe inshuro ebyiri. Ubutabera iyo butinze ntabwo biba ari byiza.”
Urukiko rwemeje ko urubanza ruzasomwa ku itariki 22 Mutarama 2021 saa munani z’amanywa.


