Umuherwe Paul Muvunyi na Col. (Rtd ) Eugene Ruzibiza batawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi uwahoze ari umuyobozi wa Rayon Sports, Paul Muvunyi, na bagenzi be barimo Col. (Rtd) Eugene Ruzibiza , bakurikiranweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Usibye Muvunyi na Ruzibiza, mu bafashwe harimo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasura, mu Karere ka Karongi witwa Gerald Niyongamije.

Avugana na Igihe dukesha iyi nkuru, umuvugizi wa RIB, Dr Thierry Murangira yemeje aya makuru nubwo atifuje kugira byinshi atangaza ku miterere y’icyaha abakekwa bakurikiranweho kuko bikiri mu iperereza.

Yagize ati “Tariki ya 24 Ukuboza nibwo batawe muri yombi. Icyaha ni ugukoresha impapuro mpimbano.”

Col. (Rtd) Eugène Ruzibiza yigeze kuba Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Karongi ndetse mu 2015 yari Umuyobozi wa Brigade ya 307 yakoreraga mu Ntara y’Uburengerazuba.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umuherwe Paul Muvunyi na Col. (Rtd ) Eugene Ruzibiza batawe muri yombi
    Paul Muvunyi nasange aba nya Kibuye benshi yafungishije azi neza ko barengana

  2. Umuherwe Paul Muvunyi na Col. (Rtd ) Eugene Ruzibiza batawe muri yombi
    Paul Muvunyi nasange aba nya Kibuye benshi yafungishije azi neza ko barengana

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *