Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo ukinira Juventus yo mu Butaliyani, yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere ku Isi ukoresha urubuga rwa Instagram urugizeho abamukurikira miliyoni 250.
Ari imbere y’ibyamamare bimugwa mu ntege nk’umuririmbyi Ariana Grande ufite abamukurikira miliyoni 214 cyo kimwe n’umukinnyi w’amafilime w’Umunyamerika, Dwayne Johnson uzwi nka ‘The Rock’ ukurikirwa n’ababarirwa muri miliyoni 109.
Uretse gukurikirwa cyane kuri Instagram, Cristiano Ronaldo ni na we muntu wa mbere ku Isi ukurikirwa cyane ku rubuga rwa Facebook cyo kimwe n’umu-sportif wa mbere ukurikirwa na benshi kuri Twitter.
Imibare yashyizwe hanze n’ikinyamakuru ESPN, yerekana ko Ronaldo akurikirwa cyane kuri Instagram kurusha amakipe yose 20 yo muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Bwongereza yiteranyije.
Imibare ya kiriya gitangazanakuru yerekana ko amakipe yose 20 muri Premier league yiteranyije afite abayakurikura miliyoni 159, bigasobanura ko Cristiano wamaze kugeza kuri miliyoni 251 ayarusha abamukurikira miliyoni 92.
Umusportif ugwa mu ntege Cristiano Ronaldo mu kugira abamukurikira benshi kuri Instagram ni Lionel Messi ukurikirwa n’abasaga miliyoni 174, mu gihe Konti ya Instagram ikurikirwa cyane kurusha iya Cristiano ari iya ruriya rubuga ikurikirwa n’ababarirwa muri miliyoni 382.


