Laurent Desire Kabila, wavukiye i Bauduinville muri Congo-Mbiligi mu 1939, agapfa yishwe ku itariki nk’iyi ya 16 Mutarama mu 2001, ni umuyobozi w’inyeshyamba wahiritse ku butegetsi Perezida Mobutu Sese Seko wa Zaire muri Gicurasi 1997, ahita aba perezida yongera kwita igihugu izina cyahoranye kiba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Kabila yavukiye mu bwoko bw’Aba-Luba mu majyepfo y’Intara ya Katanga. Bivugwa ko yize ibijyanye na filozofiya ya politiki muri Kaminuza yo mu Bufaransa ndetse akiga muri Kaminuza ya Dar es Salaam muri Tanzania, aho bivugwa ko yamenyaniye na Yoweri Museveni, ariko nta kimenyetso kibyemeza na kimwe kigeze kigaragara.
Mu 1960 Kabila yabaye umuyobozi w’urubyiruko mu ishyaka rya politiki ryakoranaga na Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Congo, Patrice Lumumba.
Mu 1961 Lumumba yashyizwe ku ruhande na Mobutu nyuma aza kwicwa. Mu 1964, babifashijwemo na Che Guevara, Kabila yafashije abari bashyigikiye Lumumba kwivumbagatanya ariko bahita bacibwa intege mu 1965 n’Igisirikare cya Congo cyari kiyobowe na Mobutu wahise unigarurira ubutegetsi mu mpera z’uyu mwaka, aza guhindura izina ry’igihugu acyita Zaire mu 1971.
Mu 1967, Kabila yari yashinze ishyaka ryiswe People’s Revolutionary Party ryari rifite ingengabitekerezo ya gikomunisiti muri Kivu, ribasha kwibeshaho ribikesha ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubucuruzi bw’amahembe y’inzovu.
Mu myaka y’1980 yaje kwimukira muri Tanzania ibya politiki asa nk’ubihagaritse yikomereza ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro ya zahabu muri Dar es Salaam.
Hagati mu myaka ya za 90, Kabila yasubiye muri Zaire ari umuyobozi w’umutwe wa AFDL (Alliance des Forces démocratiques pour la libération du Congo) warwanyaga ubutegetsi bwa Mobutu uharanira kubohoza Zaire.
Nk’umutwe warwanyaga igitugu cya Mobutu, wabonye abantu benshi bawiyungaho cyane cyane Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bo mu burasirazuba bwa Zaire icyo gihe bari bamerewe nabi cyane, berekeza mu murwa mukuru, Kinshasa bahatira Mobutu guhunga igihugu.
Ku itariki 17 Gicurasi 1997, Kabila yahise yigira Perezida w’igihugu ahindura n’izina ryacyo akita Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Nka perezida, Kabila yabanje guhagarika ibikorwa bya politiki ariko muri Gicurasi 1998 atangaza itegeko rishyiraho inteko ishinga amategeko n’itegeko shinga.
Ifatwa ryakurikiye ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ariko, ryatesheje agaciro intambwe yagaragaraga iganisha kuri demokarasi, kandi ibirego byo guhonyora uburenganzira bwa muntu byaregwaga ingabo za Kabila byarakomeje.
Muri Kanama 1998, Abanyamulenge bari bafashije Kabila kugera ku butegetsi, batangije ku mugaragaro umutwe w’inyeshyamba mu burasirazuba bw’igihugu.
Kubera ko bari babajwe no kuba Kabila yarasaga nk’aho atonesha abo mu bwoko bwe kandi bagatinya kwibasirwa n’udutsiko bari bahanganye, bashyigikiwe na guverinoma za Uganda n’u Rwanda, zari zarakajwe no kuba Kabila yarananiwe guhagarika ibitwaje intwaro bari bakomeje kubangamira imipaka yabyo, intambara yarubuye igeza ku masezerano yo kuyigarika muri Nyakanga 1999, ariko imirwano ya hato na hato yarakomeje.
Ku itariki ya 16 Mutarama mu 2001, Kabila yaje kuraswa n’umwe mu bari bashinzwe kumurinda ari muri perezidansi I Kinshasa. Amakuru ya mbere yabanje kuvuga ko yiciwe mu gitero, ariko abayobozi ba Congo bahakana ayo makuru.
Ku itariki ya 18 Mutarama, nibwo hatangajwe ku mugaragaro ko Kabila yapfiriye mu ndege yerekeza i Harare, muri Zimbabwe kwivuza, naho ku itariki 26 Mutarama umuhungu we, Joseph Kabila, agirwa Perezida mushya.
Iperereza ku iyicwa rya Kabila ryatumye abantu 135, barimo abana bane , baburanishwa mu rukiko rwihariye rwa gisirikare. Muri Mutarama 2003, uwavuzweho kuba ari we wari uyobye abamwishe, Colonel Eddy Kapend (umwe muri babyara ba Kabila), n’abandi 25 bakatiwe urwo gupfa, ariko ntibicwa.
Mu bandi baregwaga 64 barafunzwe, bakatiwe kuva ku mezi atandatu kugeza ku buzima, naho 45 bahanagurwaho icyaha. Abantu bamwe na bamwe bashinjwaga kugira uruhare mu mugambi wo guhirika n’umuhungu we. Muri bo harimo umujyanama wihariye wa Kabila, Emmanuel Dungia, wahoze ari ambasaderi muri Afurika y’Epfo.
Abantu benshi bemeza ko urubanza rwaranzwe n’amakosa kandi abaregwa bahamwe n’icyaha ari inzirakarengane. Bamwe muri aba barimo Col Eddy Kapend bakaba baherutse guhabwa imbabazi n’umukuru w’igihugu Felix Tshisekedi ku itariki 05 Mutarama basohoka muri gereza ku itariki 08 Mutarama 2021.


