Abakinnyi b’ikipe ya Guinea y’umupira w’amaguru bagaragaje ibyishimo byinshi nyuma yo kwegukana umwanya wa gatatu w’irushanwa nyafurika ry’abakinira mu bihugu byabo (CHAN) kuri uyu wa 6 Gashyantare 2021.
Iyi kipe yegukanye uyu mwanya itsinze iya Cameroon yakiriye iri rushanwa ibitego 2-0, byatsinzwe na Morlaye Sylla ku munota wa 9 na Mamadouba Bangoura ku munota wa 1 w’inyongera mu gice cya mbere cy’umukino.
Abagize ikipe yose ya Guinea nyuma yo gutsinda Cameroon, bambitswe imidari igenerwa ikipe yegukanye umwanya wa gatatu, hanyuma bacinya akadiho nk’uko bigaragara mu mafoto urubuga rwa CAF yafatiwe kuri Stade de la Réunification yabereyeho uyu mukino.



Guinea yahataniye uyu mwanya nyuma yo gusezererwa na Mali yayitsinze penaliti 5-4 tariki ya 3 Gashyantare, na ho Cameroom yo yasezerewe na Maroc yayitsinze ibitego 4 ku busa.
Uyu munsi ni bwo hamenyekana ikipe yegukana igikombe cy’iri rushanwa, mu mukino urahuza Mali na Maroc zabashije kugera ku musozo (final).
Guinea babyinnye bamaze gutsinda igitego cya mbere


