Muhanga: Urukiko rwakatiye umukozi wo mu rugo wibye umwana yigeze kurera

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, kuri uyu wa Gatanu itariki 26 Gashyantare 2021, bwasabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 5 umukobwa w’imyaka 18 wibye umwana w’imyaka 4 yigeze kurera afatanyije n’umumotari ariko asabirwa kugabanyirizwa ibihano kuko yari ataruzuza imyaka y’ubukure, mu gihe umumotari we yasabiwe gufungwa imyaka 10.

Nyuma y’uko avuye mu rugo yakoragamo mu kwezi kwa 11/2019, bene urugo baje gutungurwa n’uko bongeye kubona uyu mukobwa mu rugo ku itariki ya 25 Ukwakira 2020 ubwo umwana wabo yari yagize isabukuru y’imyaka 4 y’amavuko, ariko ntibabitindaho, kuko yahise yongera aragenda.

Ku itariki ya 12 Gashyantare 2021 ubwo uwo mwana yari yagiye ku ishuri riherereye mu Kagari ka Murama, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, ubuyobozi bw’ikigo bwabonye umukobwa uje kubabwira ko uwo mwana iwabo bamushaka, uwo mukobwa anifashisha umumotari wari umuzanye, ahamagara umuyobozi w’ikigo kuri telephone yiyise ise w’uwo mwana, asaba umuyobozi w’ikigo guha uwo mwana umukobwa yohereje kumutwara.

Amasaha yo gutaha ageze nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ikomeza ivuga, nibwo hamenyekanye ko uwo mwana yibwe, batangira kumushakisha hifashishijwe guhanahana amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga, umubyeyi umwe wari wabonye ayo mafoto yageze iwe mu rugo ahasanga uwo mwana, asanga uwamwibye amaze kuhamusiga, baramushakisha, basanga yihishe mu rutoki arafatwa, n’umumotari wari wiyise se w’umwana nawe aza gufatwa.

Abaregwa baramutse bahamwe n’icyaha bakurikiranyweho cyo gutwara umwana mu buryo butemewe n’amategeko, bahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 giteganywa n’ingingo ya 151 al.2 y’itegeko nimero 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ariko kuko umwe mu bakoze icyaha yagikoze akiri umwana utarageza ku myaka 18 y’amavuko, akaba yahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 5, hashingiwe ku biteganywa n’ingingo ya 54 al.2 y’Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *