Uganda: Uwakekwagaho guteza imvururu mu matora yarasiwe muri kasho ya polisi

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi mu Karere ka Kakumiro, mu gihugu cya Uganda cyafashe umwe mu bapolisi ushinjwa kurasira muri kasho umuntu wakekwagaho icyaha cyo guteza imvururu mu matora.

Uwishwe yitwa John Barugahare wo mu mudugudu wa Kamuli, mu Murenge wa Kikwaya, mu Karere ka Kakumiro. Yarashwe mu ijoro ryo ku Cyumweru arasiwe muri station ya polisi ya Kikwaya aho yari afungiye nk’uko tubikesha Daily Monitor.

Umwe mu bo mu muryango we wa hafi witwa James Kaberu, yavuze ko Barugahare yari yatawe muri yombi ashinjwa guteza imvururu mu matora yabaye ku itariki 14 Mutarama.

Ati ‘‘yatawe muri yombi mu cyumweru gishize ku birego byo guteza imvururu mu matora. Twababajwe no kumva ko yarashwe n’umupolisi agapfa. Turasaba ubutabera.”

Umuvugizi w’igipolisi muri Albertine, Julius Hakiza, avuga ko Barugahare yarashwe n’umupolisi wari utabaye ubwo yari arimo kurwana n’abandi bari bafunganwe.

Igipolisi kivuga ko abakekwa bahise bagerageza gutoroka ubwo umupolisi yafunguraga kasho ngo amenye ibirimo kuba, mu gihe bari kubyigana bashaka gucika akarasa isasu rigafata Barugahare.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *