Perezida Yoweri Museveni arimo arashaka ambasaderi mushya yohereza muri Angola nyuma y’aho uwahoze ari Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Umutekano imbere mu gihugu (ISO), Col Frank Kaka Bagyenda yangiye uyu mwanya yari yahawe nyuma yo gukurwa ku buyobozi bw’uru rwego.
Iyi nkuru dukesha Chimpreports, iravuga ko mu Ugushyingo, umwaka ushize wa 2020, Col Kaka yanze kwitaba Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kwemeza imyanya nyuma y’uko Perezida Museveni yari yamusabiye kwemezwa ku mwanya wa Ambasaderi wa Uganda muri Angola.
Icyo gihe Kaka yamenyesheje abadepite ko ataboneka abinyujije mu butumwa bugufi bwa telephone avuga ko arwaye adashobora kugera imbere y’iyi komite. Hari hashize ukwezi kumwe gusa yirukanwe ku buyobozi bwa ISO mu Ukwakira 2020, agasimburwa na Lt Col Charles Oluka.
Amakuru ahari ubu rero aravuga ko Col Kaka yanze akazi yahawe ndetse yabwiye Perezida ko ashaka gushyira umwanya we muri business ze bwite. Usibye kuba yari Umuyobozi wa ISO, Col Kaka ngo asanzwe ari umuhinzi kandi afite amahoteli menshi muri Kampala.
Abegereye iyi komite yemeza abayobozi mu mirimo, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri babwiye iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko uyu mugabo wahoze ari intasi atiyumvamo umuntu ukwiye kuba mu mwanya w’ubudipolomate ahubwo yahitamo gukomeza gukora mu ibanga.
Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Henry Okello Oryem, we yavuze ko ataramenya aho Col kaka ahagaze ku kijyanye n’aka kazi yari yahawe.Gusa, yemeje ko adashobora kuba ambasaderi atemejwe n’inteko ishinga amategeko.
Abajijwe niba minisiteri y’ububanyi n’amahanga yaramaze gufungura ambasade muri Angola, Oryem yemeje ko bitarakorwa.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


