Imiterere y’ingengo y’imari y’umwaka utaha izasomwa muri iki cyumweru

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’imari n’igenamigambi ry’ubukungu, Uzziel Ndagijimana muri iki cyumweru yitezweho kuzasoma ingengo y’imari ya nyuma guverinoma izakoresha mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2021-2022, uzatangira muri Nyakanga.

Inyandiko ikubiyemo imiterere y’ingengo y’imari yatanzwe ku ya 21 Gicurasi, icyo gihe isesengurwa na komite y’inteko ishinga amategeko mbere yo kohererezwa guverinoma.

Ikinyamakuru New Times kivuga ko cyumvise ko hakurikijwe amabwiriza y’abaminisitiri, hagombaga gukorwa ubugororangingo buke, ari byo byatumye isomwa ry’ingengo y’imari ridindira.

Icyakora, amakuru yizewe yaturutse muri Minisiteri y’Imari, nubwo atemeza itariki ntarengwa y’isomwa ry’ingengo y’imari, avuga ko bishoboka ko izasomwa hagati muri iki cyumweru.

Avugana n’iki kinyamakuru ku murongo wa telefoni uwatanze amakuru yagize ati: “sinshobora kumenya neza itariki nyayo, ariko rwose ni hagati yo kuwa gatatu no kuwa kane.”

Umushinga w’imari washyikirijwe abadepite werekana ko Guverinoma izakoresha amafaranga agera kuri miliyari 3.807 mu mwaka w’ingengo y’imari itaha.

Ibi byerekana ubwiyongere bwa 9.8 ku ijana bivuye mu ngengo y’imari iriho kandi byerekana imbaraga zigamije kuvana ubukungu mu gihirahiro bwashyizwemo na coronavirus.

Hakurikijwe inyandiko isobanura ingengo y’imari, miliyari 2543.3 z’amafaranga y’u Rwanda cyangwa 67 ku ijana by’ingengo y’imari yose biteganijwe ko azava imbere mu gihugu.

Biteganijwe ko 16% by’ingengo y’imari bizava mu nkunga z’amahanga, mu gihe inguzanyo mpuzamahanga izaba ari 17%.

Ubwo hasuzumwaga ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka w’imari utaha, Abadepite basabye Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ry’Ubukungu guhuza ingengo y’igihugu n’imishinga y’iterambere ikomeje, ibirarane n’ibyuho byagaragaye.

Ibyo byuho birimo imishinga 173 isaba miliyari 311.2 z’amafaranga y’u Rwanda, angana na 8.2 ku ijana by’amafaranga azakoreshwa.

Hariho kandi ibyuho 42 bikeneye miliyari 78.1 z’amafaranga y’u Rwanda, ni ukuvuga 2 ku ijana by’ingengo y’imari, abadepite bavuze ko bigomba kwitabwaho mu myaka y’ingengo y’imari ya 2022/2023 na 2023/2024.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *