Mutabazi Yves yabyinishije Abanyarwanda itsinzi mbere yo guhura na Uganda

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball, yageze muri 1/4 cy’irangiza cya shampiyona nyafurika y’uriya mukino nyuma yo gutsinda Burkina Faso amaseti atatu ku busa.

Hari mu mukino wa kabiri wo mu tsinda A wabereye muri Kigali Arena i Remera.

Ni umukino ikipe y’u Rwanda yatsinze ibifashijwemo cyane na Yves Mutabazi wayihetse mu buryo bugaragara, cyane mu iseti ya kabiri yatwaye bigoranye.

U Rwanda rwatwaye useti ya mbere birworiheye ku manota 25 kuri 14 ya Burkina Faso, gusa rutwara iya kabiri bigoye cyane ku manota 25 kuri 20.

Iseti ya gatatu na yo u Rwanda rubifashijwemo n’umurindi w’abafana rwayitwaye ku manota 25 kuri 16 ya Burkina Faso.

Nyuma y’umukino abafana bari bateraniye muri Kigali Arena bacinye akadiho, babyina indirimbo ‘intsinzi’ bishimira kuba u Rwanda rwakatishije itike ya 1/4 cy’irangiza.

Ikipe y’u Rwanda yazamukanye n’iya Uganda na yo yatsinze iy’u Burundi amaseti atatu ku busa, mbere yo gucakirana n’iy’u Rwanda mu mukino wa nyuma wo mu tsinda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *