Ethiopia yafunze amashuri mu gushyigikira intambara

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi ba Ethiopia babaye bafunze amashuri yo mu Ntara ya Tigray mu gihe cy’iminsi irindwi kugira ngo abanyeshuri nabo bajye gutanga uruhare rwabo mu biribwa byo gufata mu mugongo abasirikare bari ku rugamba muri icyo gihugu.

Amakuru ava mu binyamakuru byegamiye Leta bivuga Minisitiri ushinzwe uburezi yatangaje ko uyu mukoro uzamara icyumweru kimwe.

Leta ivuga ko abana barenga miliyoni ebyiri bataye amasomo kubera intambara yatangiriye mu Ntara ya Tigray mu mwaka ushize.

Ku rubuga rwa Facebook Minisiteri y’Uburezi muri Ethiopia yavuze ko amashuri 300 yasenywe kubera iyi ntambara gusa ngo Leta izakora ibishoboka byose yongere yubakwe.

Mu gihe urugamba rukomeje kuba ingorabahizi, Leta niyo itangaza ko ikomeje kwigarurira imijyi myinsi yari mu maboko y’inyeshyamba nyamara abanyamakuru babujiwe gutangaza ibiri kubera ku rugamba.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, umwe mu basirikare bakuru ba Ethiopia yavuze ko batazakura mu ruge ku ntambwe baherutse gutera.

Lt Gen Debele Bacha ati ” Sinshobora kuvuga ko nitugera i Mekelle tuzaruhuka cyangwa mu bindi bice biri mu maboko ya TPLF. Tuzisubiza n’utundi turere, tuzabukirina.”

TPLF ivuga ko mu mayeri ariyo yavuye mu bice Leta ivuga ko yigaruriye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *