Col Mamady Doumbouya yababariye abakinnyi ba Guinée-Conakry

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamady Doumbouya, yababariye abakinnyi b’Ikipe y’igihugu cye nyuma yo kunanirwa gukora ibyo yari yabasabye mu mikino y’Igikombe cya Afurika kiri kubera muri Caméroun.

Mbere y’uko Syli National ihaguruka i Conakry yerekeza muri Caméroun ariko ibanje kunyura i Kigali, Col Doumbouya yari yasabye abakinnyi gutwara Igikombe cyangwa bagasubiza amafaranga abarirwa muri $ miliyoni 6 bashoweho bitegura ririya rushanwa.

Ku wa Mbere w’iki Cyumweru ni bwo Guinée yasezerewe mu Gikombe cya Afurika, nyuma yo gutsindirwa muri 1/8 cy’irangiza na Gambia igitego 1-0.

Iyi kipe ubwo yasubiraga muri Guinée, Perezida Doumbouya yabwiye abakinnyi ko batazasubiza ariya mafaranga.

Yababwiye ko yari yababwiye ariya magambo mu rwego rwo kubatera imbaraga kugira ngo bitware neza.

Perezida Doumbouya yavuze ko abizi neza ko kubaka ikipe ikomeye bisaba igihe kirekire.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *