Manzi Thierry yerekeje muri FAR Rabat aguzwe akayabo

Sangiza iyi nkuru

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ Manzi Thierry, yamaze kwerekeza mu kipe ya AS FAR y’Igisirikare cy’ubwami bwa Maroc yamutanzeho akayabo.

Manzi wahoze ari Kapiteni w’amakipe ya Rayon Sports na APR FC, yari amaze amezi atandatu akinira FC Dila Gori yo mu Cyiciro cya Mbere muri Georgia, gusa ntiyabonaga umwanya uhoraho wo gukina.

AS FAR y’i Rabat yemeje ko yamusinyishije ejo ku wa Mbere, akazayikinira mu myaka itatu iri imbere.

Amakuru avuga ko AS FAR isanzwe ikinamo myugariro w’ibumoso, Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ yaguze Manzi Thierry akayabo ka $ 200,000 (Frw hafi 200,000,000) ndetse ikazajya imuhemba umushahara wa buri kwezi ungana na $ 15,000.

Uretse Manzi Thierry, FAR Rabat yatangaje ko yanaguze rutahizamu w’Umuny-Afurika y’Epfo, Darren Smith ufite imyaka 25.

Iyi kipe ikomeje kwiyubaka mu rwego rwo gukomeza kwitwara neza muri shampiyona ya Maroc, dore ko mu mikino 15 imaze gukinwa iri ku mwanya wa gatatu by’agateganyo n’amanota 24.

FAR Rabat irarushwa amanota atanu na Raja Casablanca ya kabiri ndetse n’amanota 11 na Wydad Casablanca iri ku mwanya wa mbere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *