Amerika ivuga ko u Burusiya bwajijishije bukongera ku mupaka na Ukraine abasirikare ibihumbi birindwi

Sangiza iyi nkuru

Umutegetsi wo hejuru muri Amerika yatangaje ko ibyavuzwe n’Uburusiya ko buri kuvana zimwe mu ngabo zabwo ku mupaka na Ukraine ari “ikinyoma”, ko ahubwo izindi ngabo 7,000 z’inyongera ku zari zihasanzwe, zahageze mu minsi mike ishize.

Uyu yavuze kandi ko “igihe icyo aricyo cyose” Uburusiya bushobora gutangaza urwitwazo “rw’ikinyoma” kugira ngo butere Ukraine.

Avugana n’abanyamakuru, uyu mutegetsi yavuze ko hari ugushidikanya ku bivugwa n’Uburusiya “ko buri kuvana ingabo ku mupaka na Ukraine”.

Ati: “Buri wese yakurikiye cyane ibyo bavuze, yaba hano n’ahandi hose ku isi. Ariko turabizi ko ari ikinyoma”.

Ibyo bije nyuma y’amasaha Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky abwiye BBC ati: “Nta gucyura ingabo turabona, turabyumva gusa.”

Moscow ivuga ko iri gukura ingabo zayo ku mupaka na Ukraine nyuma yo kurangiza imyitozo ya gisirikare.

Ariko abategetsi mu bihugu by’iburengerazuba bavuze ko nta bihamya byo kwemeza ibi bafite.

Kuwa Gatatu, minisitiri w’ingabo wabwo yatangaje amashusho yerekana ibifaru byabo biri kuva ku mwigimbakirwa wa Crimea, aho Uburusiya bwambuye Ukraine mu 2014.

Uburusiya bwakomeje guhakana imigambi yo gutera Ukraine nubwo bwashyize ingabo zirenga 100,000 ku mupaka wayo. Ni impungenge z’intambara zivugwa n’ibihugu by’iburengerazuba buzita “gukabiriza”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *