Gen Al-Burhan uyoboye Sudani yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Kane, yakiriye ubutumwa yagenewe na General Abdel Fattah al-Burhan ukuriye akanama ka gisirikare kayoboye Sudani mu buryo bw’inzibacyuho.

Ni ubutumwa Umukuru w’Igihugu yashyikirijwe na Lt Gen Eng. Ibrahim Gabir Ibrahim na we wo muri kariya kanama, nk’uko ibiro bye Village Urugwiro byabitangaje kuri Twitter.

Ubutumwa Gen Al-Burhan yashyikirije Perezida Kagame ntibwigeze butangazwa.

Cyakora cyo uyu musirikare yageneye Perezida Kagame ubu butumwa, mu gihe mu gihe Sudani imaze imyaka itatu yugarijwe cyane n’imyigaragambyo ndetse n’imvururu zidasiba kugwamo abantu.

Ni imyigaragambyo yadutse mu murwa mukuru Khartoum ubwo uwari Perezida, Omar Al Bashir yahirikwaga ku butegetsi muri 2019.

Abigaragambya ahanini basaba ko agatsiko ka gisirikare kayoboye Sudani kavaho ubutegetsi bugasubizwa mu biganza by’abasivile.

Gen Al-Burhan kandi yoherereje Perezida Kagame iriya ntumwa ye idasanzwe, nyuma y’umunsi agiriye uruzinduko mu Misiri; igihugu Perezida Paul Kagame na we aheruka kugenderera.

Kuri ubu akanama ka gisirikare kayoboye Sudani gakomeje gushyirwaho igitutu n’amahanga gasabwa gutegura amatora muri kiriya gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *