Ubutumwa bwa Loni muri Centrafrique (MINUSCA), bwatangaje ko bwamaze gutangiza iperereza ku makuru ataremezwa n’ubutegetsi bwa Centrafrique yerekeye ubwicanyi bwakorewe abasivile barenga 10, bugashinjwa Ingabo za kiriya gihugu n’iz’u Burusiya.
Loni ivuga ko Ingabo z’u Burusiya zo mu mutwe w’abacancuro wa Wagner zagiye gufasha iza Centrafrique guhangana n’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra, zakoze ibyaha byibasiye abasivile.
Nko ku itariki ya 11 n’iya 12 Mata mu midugudu ya Gordil na Ndah iherereye ku birometero birenga 1,000 mu majyaruguru y’umurwa mukuru Bangui, amakuru avuga ko abasirikare bo mu gisirikare cya Centrafrique (FACA) na bagenzi babo b’Abarusiya bakoze operasiyo yiciwemo abasivile.
Amakuru avuga ko abaturage bari hagati y’icumi na 15 ari bo bishwe icyo gihe.
MINUSCA biciye mu muyobozi wayo ushinzwe itumanaho, Charles Bambara, yatangaje ko bamaze gutangiza iperereza kuri buriya bwicanyi.
Yavuze ko “ntacyo izongera kubitangazaho iperereza ritararangira.”
Leta ya Centrafrique binyuze mu muvugizi wa Perezidansi y’iki gihugu, Albert Yaloke Mokpeme, ivuga ko nta cyo izi kuri buriya bwicanyi.
Loni iheeutse gutangaza ko usibye kwica abasivile, Ingabo za Centrafrique, iz’Abarusiya ndetse n’inyeshyamba bari bahanganye zakoze n’ibindi byaha byibasiye inyoko muntu birimo gufata abagore n’abakobwa ku ngufu.


