Erik ten Hag mbere yo gusinyira Manchester United hahishuwe ikintu gikomeye yayisabye

Sangiza iyi nkuru

Umutoza Erik ten Hag wamaze kumvikana na Manchester United kuzayibera umutoza mukuru, yasabye abayobozi b’iyi kipe kutamuhamagara mbere y’amasaha 48 kugira ngo akine buri mukino asigaje muri Ajax kuri ubu atoza.

Erik Ten Hag w’imyaka 52, biteganyijwe ko agomba gusimbura Ralf Rangnick watozaga iyi kipe by’agateganyo na we wari wagiye abisikanye na Ole Gunnar Soskjaer.

Uyu muholandi Ten aherutse gusinya amasezerano yo gutoza ikipe ya Manchester United kugeza mu mwaka wa 2025, nyuma yo kumvikana miliyoni 9 z’amayero ku mwaka nk’umumushaara azajya ahembwa.

Amakuru avuga ko uyu mutoza yasabye ababoyobozi b’ikipe ya Manchester United kutamuhamagara mbere y’amasaha 48, ni ukuvuga iminsi 2 kuri buri mukino mu mikino 4 asigaje gukina mu ikipe ya Ajax, mbere yuko aza mu ikipe ya Manchester United.

Ni ubusabe yagejeje kuri Manchester United ubwo bari mu bihganiro byo kumugira umutoza mushya wiyi kipe.

Kugeza ubu muri shampiyona yo mu cyiciro cya mbere mu Buholandi Ajax Amsterdam iyoboye urutonde rwa shampiyona aho irusha PSV Eindhoven amanota ane.

Ten Hag ubwo azaba ageze mu ikipe ya Manchester United azaba afite akazi katoroshye ko kongera kubaka iyi kipe ikongera gukomera, nyuma y’aho imaze igihe yitwara nabi.

Hari andi makuru avuga ko uyu mutoza azahabwa byibura miliyoni 100 z’amayero kugira ngo agure abakinnyi azongera muri iyi kipe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *