Mino Raiola wari ukirwana n’ubuzima yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Umutaliyani Mino Raiola wari uhagarariye inyungu z’abakinnyi batandukanye ku Isi, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu agejeje ku myaka 54 y’amavuko.

Mino Raiola yari ahagarariye abakinnyi batandukanye barimo Zlatan Ibrahimovic, Paul Pogba, Erling Haaland, Marco Veratti, Romelu Lukaku Hernrick Mikhtaryan n’abandi.

Ku wa Kane w’iki cyumweru byari byatangajwe ko yitabye Imana, gusa iyo nkuru iza kunyomozwa kuko yari akirwana n’ubuzima.

Umuryango we kuri iyi nshuro ni wo wemeje inkuru y’urupfu rwe, mu itangazo wasohoye kuri uyu wa Gatandatu.

Uti: “N’agahinda kenshi, dutangaje urupfu rw’umu-agent utangaje w’umupira w’amaguru wigeze ubaho. Mino yarwanye kugeza ku munota wa nyuma akoresheje imbaraga nk’izo yakoreshaga ku meza y’ibiganiro mu kurengera abakinnyi bacu.”

“Nk’ibisanzwe Mino yaduteye ishema kandi ntiyigeze abimenya. Mino yakoze ku buzima bwa benshi biciye mu kazi ke kandi yanditse ubuzima bushya muri ruhago igezweho.”

Umuryango wa Mino Raiola wavuze ko gahunda ye yo guhindura umupira w’amaguru ahantu abakinnyi bisanga izakomeza nk’uko yabikundaga.

Washimiye abakomeje kuwuba hafi, gusa usaba ko ubuzima bwite bwa nyakwigendera n’ubw’umuryango we bwubahwa muri ibi bihe bigoye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *