Ikipe ya Real Madrid yasanze Liverpool ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Manchester City ku giteranyo cy’ibitego 6-5.
Iyi kipe y’umutoza Carlo Ancelotti yari yakiriye Man City i Santiago Bernabeu, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza warangiye iyitsinze ibitego 3-1; byose byinjiye mu minota ya nyuma y’umukino.
Iminota 45 y’igice cya mbere cy’uyu mukino yarangiye amakipe yombi anganya 0-0, n’ubwo Man City yari yagiye ibona uburyo bwinshi bw’ibitego gusa ikagorwa n’umunyezamu Thibaut Courtois.
Iyi kipe y’umutoza Pep Guardiola yari yaratsinze ibitego 4-3 mu mukino ubanza, ku buryo yageze ku munota wa 73 ari yo ifite amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma.
Ni amahirwe yaje kwiyongera ku munota wa 73 w’umukino ubwo umunya-Algeria Riyad Mahrez yafunguriraga iyi kipe amazamu, ku mupira yari ahawe na Bernardo Silva.
Kugeza ku munota wa 90 w’umukino nta cyizere cy’uko Real Madrid yashoboraga kugabanya umwenda w’ibitego bibiri yari imaze kujyamo cyagaragaraga.
Ibintu byaje guhindura isura ubwo umunya-BrĂ©sil Rodrygo wari winjiye mu kibuga asimbura yatsindiraga Real Madrid ibitego bibiri mu munota umwe (ku munota wa 90 n’uwa 91), Real Madrid igaruka mu mukino ityo.
Ni ibitego byaje bikurikira uburyo butatu bukomeye Man City yari imaze guhusha, burimo umupira wa Jack Grealish Dani Carvajal yagaruriye ku murongo.
Nyuma yo kwiyambaza iminota 30 y’inyongera, Real Madrid yashimangiye intsinzi ku munota wa 95 w’umukino ibifashijwemo na Karim Benzema wayitsindiye igitego cya gatatu kuri penaliti.
Ni nyuma y’uko uyu Mufaransa yari amaze gutegerwa mu rubuga rw’amahina na myugariro Ruben Dias.
Man City yashoboraga kugaruka mu kibuga mbere gato y’uko iminota 15 y’agace ka mbere irangira, gusa Fernandinho ananirwa gushyira mu izamu umupira Dias yateye n’umutwe Courtois akawukuramo, bikarangira ugarukiye uriya munya-BrĂ©sil awutaye hanze.
Gusezerera Man City byahise bihesha Real Madrid gusanga ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league Liverpool yo mu Bwongereza baherukaga kuwuhuriraho muri 2018, ubwo Real Madrid yatwaraga igikombe cya 13 itsinze Liverpool ibitego 3-1.


