Munyenyezi uregwa jenoside yasabye kudakomeza gufungirwa i Nyamagabe

Sangiza iyi nkuru

Beatrice Munyenyezi uregwa jenoside yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, ko atakomeza gufungirwa muri gereza y’abagore ba Nyamagabe kuko atabasha kubonana n’abaganga uko bikwiriye ndetse no kumusura ntibyorohe.

Munyenyezi woherejwe na leta ya Amerika ubu ufungiye muri gereza y’abagore ya Nyamagabe, ashinjwa ko yakoze jenoside mu mujyi wa Butare (Huye), ibyo we ahakana.

Beatrice Munyenyezi w’imyaka 52 muri Mata 2021 yagejejwe mu Rwanda nyuma yo gufungirwa imyaka 10 muri Amerika ahamijwe kubeshya inzego zaho z’abinjira n’abasohoka.

Yabwiye urukiko ko aho afungiye i Nyamagabe hatorohereza abashaka kumusura, ndetse n’abaganga be mu gihe avuga ko arwaye umuvuduko ukabije w’amaraso nk’uko BBC yakurikiranye iri buranisha ibitangaza.

Yinginze umucamanza ngo urukiko rutegeke ko asubizwa gufungirwa muri gereza y’abagore iri i Mageragere i Kigali, aho yari afungiye nyuma yo kugezwa mu Rwanda.

Umwunganizi we nawe ati: “Turasaba ko asubizwa i Kigali akazaza kuburana ku itariki yumva azaba ameze neza”.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Munyenyezi ari we wanze kuburanira kuri Skype asaba kujyanwa mu rukiko rurimo kumuburanisha, ko ari uko yajyanywe muri gereza yegereye urwo rukiko.

Ubushinjacyaha buvuga ko aho afungiye i Nyamagabe nta cyabuza abaganga n’abamusura kumugeraho, bukabona ko agamije gusa gutinza urubanza.

Urukiko rwanzuye ko Munyenyezi agomba guhabwa umwanya wo gusoma inyandiko nshya y’ibyo aregwa.

Ariko ruvuga ko rutahindura icyemezo cyo kumufungira i Nyamagabe kuko cyashingiye ku kuba yaranze kuburanira kuri Skype bityo akegerezwa urukiko rwa Huye rumuburanisha.

Urukiko rwamugeneye igihe cyo gusoma dosiye ye kuko umunyamategeko we yavugaga ko ” Twayoboneye mu kanya ntabwo twayisesenguye ngo duhite tuburana mu mizi”, ruvuga ko urubanza rwe ruzatangira kuwa 31 Gicurasi 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *