Urukiko rwa LONI ruvuga ko nta mpamvu ihari yatuma Kabuga ataburanishwa

Sangiza iyi nkuru

Urukiko mpuzamahanga rwa ONU/UN rwategetse ko uyu mugabo uregwa kuba umwe mu bateye inkunga jenoside yakorewe Abatutsi, ameze neza ku buryo yashyirwa imbere y’urukiko i La Haye mu Buholandi aho afungiye.

Félicien Kabuga ashinjwa gutera inkunga y’imari no guha intwaro abakoraga Jenoside yaguyemo abasaga miliyoni.

Nyuma yo gufatwa, mu 2020 Kabuga yahakanye ibyo aregwa abyita ‘ibinyoma’.

Abanyamategeko be mbere basabye ko kuburanisha uyu mugabo w’imyaka 87 bihagarikwa kubera impamvu z’ubuzima bwe butameze neza.

Kabuga yabashije kwihisha ubutabera imyaka 26 kugeza afatiwe i Paris muri Gicurasi 2020, aho yabaga ku mwirondoro muhimbano.

Mu 1997 ni bwo urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho kuburanisha ibyaha byakorewe mu Rwanda rwashyizeho inyandiko zo kumuta muri yombi rumushinja ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Ni we Munyarwanda washakishwaga cyane n’ubutabera, ndetse Amerika yari yarashyizeho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari ku muntu watanga amakuru yatuma afatwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *