Itangira ry’iburanisha ry’abashinjwa iterabwoba ryaranzwe n'impaka z'urudaca

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwatangiye kuburanisha abantu hafi 50 mu baregwa ibyaha by’iterabwoba kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Gashyantare 2017 nyuma y’igihe kingana n’ umwaka bafunzwe.

Ubushinjacyaha buvuga ko abaregwa bari mu mugambi wo kwiyunga ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe w’iterabwoba ushingiye ku mahame y’idini ya Kiyisilamu.

Ni ku nshuro ya mbere ku rukiko hagaragaye abantu benshi umubare w’abantu benshi kuko abaregwa bagera kuri 50, buri wese yari afite byibura abantu barenga 3 baje kumureba.

Nyuma yo gusoma umwirondoro w’abaregwa wamaze amasaha arenga 3 kubera ubwinshi bw’abaregwa, ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rwabera mu muhezo mbere yo kugira ikindi kivugwa, ibintu byahise byamaganwa n’abitabiriye urubanza n’urusaku rwinshi basaba ko rwabera mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko uru rubanza rukomeye kandi rufitanye isano n’umutekano w’igihugu, bityo ibyaruvugirwamo mu ruhame bikaba bishobora guteza ikibazo.

Iki cyifuzo cyateje impaka zimara andi masaha, ubushinjacyaha bubazwa uko uru rubanza ruhuzwa n’umutekano w’igihugu, ikibazo kitabashije gukemuka kuko ubushinjacyaha bwakomeje gushimangira ko birebana n’umutekano w’igihugu.

Abunganira abaregwa basobanuriye urukiko ko mbere ubushinjacyaha bwari bwasabye ko urubanza rubera mu muhezo kuko bwatinyaga ko rubaye mu ruhame rwabangamira amaperereza y’abandi bari bagishakishwa ngo batabwe muri yombi.

Kuba rero ngo ibijyanye n’iperereza byararangiye ndetse ubushinjacyaha bugatanga ikirego mu rukiko, nta yindi mpamvu ihari yatuma urubanza rukomereza mu muhezo.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Bamwe mu baregwa nabo bunze mu ry’abunganizi basaba ko ibyo baregwa bikwiye kujya ku mugaragaro Abanyarwanda bakamenya ukuri, aho bavuga ko ibyo ubushinjacyaha buvuga bitandukanye n’ukuri kuri mu Rwanda ahagaragara umutekano usesuye bikaba bitumvikana ukuntu u Rwanda rwananirwa gukumira umutekano mucye wakururwa n’abantu batarenga 50 baregwa.

Usibye iki kibazo, hanagaragajwe inzitizi z’abaregwa ngo bari mu cyiciro cy’abana bagomba kuburanishwa n’urukiko rwihariye, aho ku rutonde rw’abaregwa harimo abana bari munsi y’imyaka 18 bafatwa nk’abana ndetse n’abanyeshuri batarengeje imyaka 15 y’amavuko. Ababunganira mu rukiko rero bakaba basabye ko aba bana batarageza imyaka y’ubukure bazaburanishwa bonyine mu rukiko rwisumbuye aho kuburanishwa n’Urukiko Rukuru.

Kugeza ubu abantu bagera kuri batanu bamaze kwicwa kuva ikibazo cy’iterabwoba cyatangira kuvugwa mu Rwanda barashwe na polisi, barimo batatu barasiwe I Kamembe muri Kanama mu mwaka ushize, n’abandi babiri barasiwe mu mujyi wa Kigali barimo Imam Muhammad Mugemangango wabimburiye abandi akaba yararasiwe mu Mujyi wa Kigali mu ntangiriro z’umwaka ushize akaba yarashinjwaga gushaka abantu bo kwinjiza mu mitwe y’iterabwoba.

Nyuma yo kumva ibyo impande zombi zivuga, urukiko rwanzuye ko ruzatanga umwanzuro warwo kuwa 15 Werurwe 2017.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *